Hanze aha hari abagore bafite uruhare rukomeye muri politiki n’ubukungu ku Isi, aho ikinyamakuru wonderlist kivuga ko gukora urutonde rw’abagore 10 ba mbere b’ibihangange byakigoye kubera abagore benshi kuri ubu bagira uuruhare mu bikorrwa bitandukanye ku isi. Aba bagore bagaragaje ko bafite ibisabwa ngo bayobore isi nubwo bagenda bahura n’imbogamizi zikomeye zishingiye ku buringanire. Urutonde Bwiza.com igiye kubagezaho rugaragaraho abagore bakomeye, b’abanyabwenge kandi b’ibihangange. Harimo abanyapolitiki, abakora ibikorwa byo gufasha, impuguke mu bukungu n’ishoramari.
Ana Patricia ni Umunyamabanki wo muri Espagne wavutse kuwa 04 Ukwakira 1960. Mu 2014, yagenwe na Santander Group nka Chairman nshingwabikorwa, bimugira umuntu wa kane mu muryango wa Botin ufashe uyu mwanya.abanje kuba CEO wa Santander, ishami ryo mu bwongereza kuva mu Ukuboza 2010. Ana kandi yashyizwe ku rutonde rwa Forbes rw’abagore bakomeye ku Isi inshuro nyinshi. Mu 2016, yongeye gushyirwa ku rutonde rwa Forbes aho yaje ku mwanya wa 10 w’abagore b’ibihangange ku isi. Afite umutungo ubarirwa muri miliyoni 70 z’Amayero.
Margaret Cushing Whitman bakunze kwita Meg yavutse kuwa 04 Kanama 1956. Afite impamyabumenyi mu by’ubukungu yakuye muri Princeton ndetse akagira MBA (The Master of Business Administration) yakuye muri Harvard. Meg akora ubusesenguzi muri politiki ndetse akaba umunyabusiness ukomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kuri ubu, ni CEO na perezida w’uruganda rwa mudasobwa, Hewlett Packard (HP). Yabaye kandi CEO na perezida wa eBay hagati y’1998 kugeza mu 2008. Yashyizwe ku rutonde rwa Forbes rw’abagore b’ibihangange ku isi mu 2014, aho yaje ku mwanya wa 20. Umutungo we kuri ubu urabarirwa muri miliyari 30 $.
Susan Diane Wojcicki, yavutse kuwa 05 Nyakanga 1968, akaba ari impuguke mu ikoranabuhanga muri Leta zunze Ubumwe za Amerika. Yize muri kaminuza ya Harvard, aho yize amateka n’ubuvanganzo. Susan kandi afite MSc (The Master of Science) mu bukungu yakuye muri Kaminuza ya California ndetse na MBA yakuye mu ishuri ry’icungamutungo ryo muri kaminuza ya California. Kuva muri Gashyantare 2014, yabaye CEO wa Youtube. Kuri ubu umutungo we ubarirwa muri miliyoni 410$.
Sheryl Sandberg yavutse kuwa 28 Kanama 1969. Ni impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, umwanditsi ndetse n’impuguke mu ikoranabuhanga. Niwe washinze icyitwa Lean ndetse aba umuyobozi ushinzwe ibikorwa wa Facebook. Niwe mugore wa mbere mu 2012 wabaye mu nama y’ubutegetsi ya facebook. Yabanje kuba kuba ushinzwe amasoko kuri google. Ikinyamakuru Times magazine kivuga ko ari umwe mu bantu 100 bavuga rikijyana ku isi. Umutungo we ubarirwa muri miliyari y’Amadolari kubera imigabane afite muri facebook no mu bindi bigo.
Christine Madeleine Lagarde yavutse kuwa 01 Mutarama 1956. Afite impamyabumenyi yo ku rwego rwa master mu Cyongereza no mu mategeko yakuye muri Kaminuza yo mu Burengerazuba bwa Paris. Ni umunyamategeko ndetse akaba umunyapolitiki ndetse yabaye umuyobozi mukuru w’Ikigega Mpuzamahang cy’Imari, IMF kuva muri Nyakanga 2015 bimugira umugore wa mbere uyoboye iki kigega. Lagarde nk’umunyapolitiki yabaye minisitiri w’ubukungu, aba minisitiri w’ubuhinzi n’uburobyi n’ibindi. Mu 2009 ikinyamakuru Financial Times cyamugize minisitiri w’imari mwiza mu karere ka Euro. Ni uwa gatandatu mu bagore 10 b’ibihangange ku Isi.
Mary Barra yavutse kuwa 24 Ukuboza 1961. Afite impamyabumenyi ya BSc (bachelor of science) muri Electrical Engineering yakuye muri Kaminuza ya Kettering. Afite MBA kandi yakuye mu ishuri rya business rya Stanford. Yabaye CEO na Chairman wa General Motors kuva mu 2014, bimugira umugore wa mbere wabaye CEO w’uru ruganda rukora imodoka. Mu 2016 yaje ku mwanya wa 5 ku rutonde rwa Forbes rw’abagore b’ibihangange ku isi.
Melinda Ann yavutse kuwa 15 Kanama 1964. Ni umugore w’umuherwe. Bill gates washinze Microsoft. Yabanje kuba umukozi wa Microsoft aho yakoraga nk’ushinzwe imishinga muri Microsoft Bob, Encarta na Expedia. Uyu mugore anazwiho ibikorwa byo gufasha abatishoboye. Melinda Gates afite impamyabumenyi mu Bukungu na Computer science yakuye muri Kaminuza ya Duke. Niwe mugore wa kane ku rutonde rw’abagore b’ibihangange ku isi nk’uko byemezwa na Forbes. Umutungo we ubarirwa muri miliyari 70$.
Janet Louise Yellen niwe mugore wa gatatu ukomeye ku isi. Yavutse kuwa 13 Kanama 1964, akaba ari impuguke ikomeye mu bukungu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yize muri Pembroke College yo muri Kaminuza ya Brown aho yakuye impamyabumenyi mu Bukungu mu mwaka w’1967. Yellen kandi afite Ph.D mu bukungu yakuye muri Kaminuza ya Yale mu 1971. Kuri ubu Yellen ni chairwoman wa Federal Reserve System. Yabaye kandi CEO wa Reserve bank ifite icyicaro I San Francisco. Mu 2014 nibwo perezida Barrack Obama yamugize Chairwoman wa Federal Reserve, akaba ari umugore wa 3 ku isi w’igihangange n’umutungo ubarirwa muri miliyoni 13$.
Hillary Diane Rodham Clinton yavutse kuwa 26 Ukwakira 1947. Ni umunyapolitiki w’Umunyamerika akaba umugore wa 2 w’igihangange ku isi. Yarangirije muri Wellesley College mu 1969. Mu 1973 yinjiye mu ishuri ry’amategeko muri Kaminuza ya Yale. Yabaye umugore wa mbere mu gihugu kuva mu 1993 kugeza mu 2001 nk’umufasha wa perezida Bill Clinton. Hillary yabaye umugore wa mbere wabaye senateri muri New York, ndetse aba umunyamabanga wa leta ku butegetsi bwa Obama, aho yashyigikiye ko igihugu cye gitera Libya. Mu 2008 na 2016 yagerageje guhatana mu matora ya perezida ariko ntiyahirwa. Kuri ubu umutungo we ubarirwa muri miliyoni 45$.
Angela Dorothea Merkel niwe mugore wa mbere w’igihangange ku isi, umwanya afite kuva mu 2006. Ni umunyapolitiki w’Umudagekazi wavutse kuwa 17 Nyakanga 1954 avukira Hambourg mu cyahoze ari u Budage bw’Uburengerazuba. Niwe mukuru w’u budage, akaba afite doctorat mu bijyanye n’ubutabire yabonye mu 1986. Yanize ubugenge kuva mu 1973 kugeza mu 1978 muri kaminuza ya Leipizig. Yinjiye muri politiki mu 1989, aho yabanje kuba umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Budage bw’Uburasirazuba. Merkel kandi yabaye umuyobozi w’ishyaka rya gikirisitu ryitwa Christian Democratic Union kuva mu 2000. Yanabaye minisitiri w’abagore n’urubyiruko. Umutungo we ubarirwa muri miliyoni 11,5$.
Nta gushidikanya, aba ni abagore b’intwari bakomeye isi ifite muri iki gihe. Ibikorwa byabo ntabwo byagiye bicaho bitagaragaye kuko buri umwe muri aba yatanze umusanzu ukomeye mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Ni ngombwa rero kumenya aba bagore muri sosiyete tubarizwamo kubw’akazi keza bakoze ndetse n’urubyiruko ruriho ubu by’umwihariko abakobwa bagashishikarizwa gutera ikirenge mu cyabo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com












