Umupasiteri mu gace ka Oyo muri Nigeria ari kugenda yihishahisha abantu kubera umugore wumurwayi wo mu mutwe umushinja kuba ari we se w’umwana afite.
Uyu mugore ufite ikibazo cyo mu mutwe agendana amafoto y’uyu mupasiteri bari kumwe kera bagisengana akiri muzima, agenda amubaririza abahisi n’abagenzi avuga ko ari se w’umwana.

Uyu mugore, Maria w’umwana w’umwaka umwe, avuga ko uyu mukozi w’Imana wo mu gace ka Oyo.
Uyu mugore wabwirijwe ubutumwa n’uyu mupasiteri witwa Emmanuel bakaza no kwifotozanya mu rusengero ubwo yari atwite, yiriranwa iyi foto bari kumwe avuga ko umwana ari uwe.

Uyu mugore ukiri muto n’umwana mu ntoki yirirwa abaza buri wese ko yaba azi uyu mugabo usanzwe afite umuryango avuga ko hari ibyo zi kuri uwo mwana.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abazi uyu mupasiteri usanga bamubona bakaryana inzara bavuga ko yabyaranye n’umusazi, nyamara we akavuga ko nta byinshi amuzi ho uretse kuba barigeze kwifotozanya akiri muzima na bwo bakifotoreza mu rusengero bashima Imana ariko ko nta yindi sano bafitanye ijyanye n’uwo mwana.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille@Bwiza.com


