Leta ya Somalia yakuye ku buyobozi uwari Umuyobozi mukuru wa polisi muri icyo gihugu, Abdihakim Dahir Saiid n’uwari ukuriye urwego rw’igihugu rw’iperereza Abdillahi Mohamed Sanbalooshe, nyuma y’ibitero by’abiyahuzi bimaze iminsi bihagabwa.
Itangazo ryavuye mu biro bya Minisitiri w’Intebe rigaragaza ko Somalia abo bayobozi bakuwe muri uwo mwanya nyuma y’igitero cyagabwe hafi ya hoteli iri imbere y’ahakorera Perezida w’icyo gihugu.
Iyi hoteli Nasa Hablod yatewe ku wa gatandatu, yamaze amasaha yugarijwe n’abo mu mutwe wa Al Shabaab, kugeza ubu abantu 27 ni bo bamaze kumenyekana ko bahasize ubuzima.
Polisi imenyesha ko batatu mu bari bateye bafashwe, abandi babiri bapfira muri icyo gitero.
Hari hashize ibyumweru bibiri Somalia igabweko igitero kidasanzwe cyahitanye abantu barenga 350.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com


