RDC: I Goma haravugwa imyigaragambyo mu gihe humvikana n'amasasu mu duce tumwe

Sangiza iyi nkuru

Mu duce dutandukaye tw’umujyi wa Goma, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, mu gitondo cyo kuri uyu wa 30 Ukwakira habyukiye urusaku rw’imbunda usa nk’usohoka muri uyu mujyi. Haravugwa n’imyigaragambyo ikomeye y’abaturage mu duce twa Majengo, Kibweti-ville, Ndosho na katindo.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi, iravuga ko abaturage bagerageje kwinjira mu mujyi rwagati, nyuma yo kubisabwa n’ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi basaba ko perezida kabila azaba yavuye ku butegetsi mbere y’itariki 31 Ukuboza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Biravugwa ko amashuri atigeze afungura imiryango, ndetse ababyeyi benshi bifuje kugumana n’abana babo mu rugo.

Hagati aho, igipolisi cyoherejwe ku bwinshi ahantu h’ingenzi muu mujyi wa Goma, ariko urusaku rw’amasasu ruracyumvikana hagati ya ULPGL na station ya Simba ugana mu gace ka Ndosho.

Umunyamakuru wa Bwiza.co ukorera I Rubavu arakomeza kubakurikiranira iyi nkuru.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *