Abasivili bane n’umupolisi umwe nibo bamaze kwicirwa mu myigaragambyo yadutse kuri uyu wa Mbere mu burasirazuba bwa Congo, aho abigaragambyaga mu mujyi wa Goma basaba perezida Kabila kurekura ubutegetsi bitarenze uyu mwaka.
Umunyamakuru wa AFP uri i Goma aratangaza ko yiboneye imirambo ine y’abaturage mu gace ka madjengo ko muri Goma, mu gihe undi murambo w’umupolisi wari wicishijwe amabuye wari uri mu gace ka Mabanga.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi myigaragambyo yo kuri uyu wa 30 Ukwakira yateguwe n’ihuriro ry’amashyirahamwe ya sosiyete sivile, harimo n’ishyirahamwe Lucha riharanira impinduka muri demokarasi.
Ku rukuta rwayo rwa twitter, LUCHA yatangaje ko guhangana n’ubutegetsi bukora amaraso bwa perezida Kabila byatangiye.

Byari biteganyijwe ko amatora ya perezida muri Congo azaba muri uyu mwaka, ariko komisiyo y’amatora y’iki gihugu iza gutangaza ko amatora adashobora kuba mbere ya 2019, ibintu byongeye guteza umwuka mubi hagati ya leta n’abatavuga rumwe nayo.
Ubwo aheruka mu ruzinduko rw’akazi muri Congo, ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Nikki Haley, akaba yarahamagariye guverinoma ya Congo gutegura amatora muri uyu mwaka aho kuyashyira mu 2019, niba yifuza ko Amerika ikomeza kuyishyigikira.
Dennis Ns./Bwiza.com


