Amakuru mashya CIA ifite aremeza ko Hitler yaba yararokotse Intambara ya II y’Isi

Sangiza iyi nkuru

Amakuru mashya yashyizwe ahagaragara aturuka mu nyandiko z’ikigo cy’ubutasi cy’Abanyamerika, CIA, aravuga ko Adolphe Hitler yaba yararokotse Intambara ya II y’isi ndetse akaba yarabaye muri Colombia amezi menshi mu 1954.

Amakuru y’ubutasi, amwe mu yaherutse gushyirwa ahagaragara arebana n’iyicwa ry’uwahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, J.F Kennedy, anatanga amakuru arambuye y’umuntu wabwiye umukozi wa CIA, wakoreraga ku izina rya Cimelody-3, ko Hitler yari ariho.

vlcsnap 2017 10 31 15h03m48s663

Uyu watangaga amakuru bivugwa ko ari n’inshuti y’uyu mukozi wa CIA, yongeyeho ko uwitwa Phillip Citroen, wahoze akorera inzego z’ubutasi za Hitler zizwi nka SS, yavuganaga na Hitler mu mujyi wa Tunja wo muri Colombia.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Nk’uko inyandiko za CIA zivuga, ngo uyu Citroen yavuze ko abadage baba muri uyu mujyi wa Tunja bakurikiye Hitler ndetse bagakomeza kumufata nk’umuyobozi wabo. Izi nyandiko zikaba zirimo n’ifoto y’uwitwa Adolf Schrittelmayor bikekwa ko ari Hitler wahinduye izina rye rya nyuma nk’uko iyi nkuru dukesha ikinyamakuru Newsweek ikomeza ivuga.

vlcsnap 2017 10 31 15h03m35s235

Ifoto igaragara hejuru igaragaza Citroen yicaye iruhande rwa Hitler byavuzwe ko yiyahuye mu ngunguru ya acide kuwa 30 Mata 1945 I Berlin aho yari yihishe mu ndake. Inyandiko za CIA ariko zongeye guteza impaka ku kumenya niba koko Hitler yarabashije gucikira muri Amerika y’Epfo nyuma yo gutsindwa intambara. Hitler ngo yaba yaraje kuva muri Colombia akerekeza muri Argentine ahagana muri Mutarama 1955.

Inyandiko za CIA zisobanura neza ko iki kigo cyagize gushidikanya kuri aya makuru, ariko kitayirengagije.

Umwanditsi wo muri Argentine, Abel Basti, wanditse igitabo “Tras Los Pasos de Hitler”, yasobanuye urugendo rwa Hitler muri Amerika y’Epfo ndetse n’amezi menshi yamaze muri Colombia, ariko iki gitabo cyateshejwe agaciro n’abanyamateka kuko nta bimenyetso bifatika byari birimo nk’uko byemezwa n’ikinyamakuru Colombia Reports.
vlcsnap 2017 10 31 15h03m38s236

Inkuru zivuga ibihe bya Hitler nyuma y’Intambara ya II y’Isi zikunze guteza urujijo nk’aho mu 2009 CNN yavuze ko abakozi ba KGB batwitse ibisigazwa bya Hitler mu 1970, bakabijugunya mu mugezi uri mu Budage hagendewe ku mabwiriza y’uwari umuyobozi wa KGB icyo gihe witwa Yuri Andropov. Amakuru akaba yaravugaga ko imirambo ya Hitler n’uwari umukunzi we, Eva Braun ndetse n’umuryango wa Goebbels, yavumbuwe n’ingabo z’u Burusiya muri Gicurasi 1945.

Ibi ariko ngo byatumye habaho gushidikanya. Nick Bellantoni wo muri kaminuza ya Connecticut muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu 2009 yasesenguye agahanga u Burusiya bwavuze ko ari aka Hitler, ariko ngo aza gusanga ari agahanga k’umugore uri hagati y’imyaka 20 na 40.

Abahanga mu mateka benshi bo bizera ko Hitler yiyahuye akoresheje imbunda n’uburozi bwa cyanide igihe ingabo z’u Burusiya zari zirimo gusatira Berlin mu minsi ya nyuma y’intambara.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *