Kenya: Bamwe mu banyamakuru bari bagiye kumva icyo Odinga atangaza bakubiswe

Sangiza iyi nkuru

Ijambo umunyapolitiki, Raila Odinga yagombaga kuvuga nyuma y’itangazwa ry’intsinzi ya perezida Uhuru Kenyatta kuri uyu wa kabiri ryatinze nyuma y’uko abayoboke ba Odinga bagabiye igitero ku banyamakuru babiri bari bagiye gutara aya makuru ku cyicaro cy’ishyaka.

Iyi nkuru yatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye birimo Reuters tuyikesha, iravuga abanyamakuru basohotse biruka ku bwinshi nyuma y’aho umunyamakuru Francis Gachuri ndetse n’umunyamakuru wa televiziyo w’imyaka 25, Jane Gatwiri, bagabiweho igitero n’abayoboke ba Odinga ubwo bari bategereje kumva ijambo rye.

Uyu munyamakuru Jane Gatwiri yagize ati: “ Twumvise mu Giswahili, ngo Citizen (TV) igomba kugenda. Ubwo nageragezaga gufata amajwi, nakubiswe urushyi rushyushye mu isura- ku itama ry’uburyo. Umuntu wavuze ko ngo kugenda, yansunitse, camera yanjye yari igiye kumeneka .”
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Bamwe mu bayoboke ba Raila Odinga batangiye gushinja Citizen kuba ibogamira kuri perezida Uhuru nyuma y’inkuru yakoze ku matora yo mu cyumweru gishize.

Odinga umaze gutsindwa amatora ya kane, yari yitezweho kugira icyo atangaza bwa mbere ku ntsinzi ya Uhuru Kenyatta yo kuri uyu wa Mbere, ariko ijambo yagombaga kuvuga mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri riza gutinda amasaha menshi kubera ikibazo cy’abanyamakuru bahohotewe n’abayoboke be.

Umuvugizi wa Odinga nyuma yaje gusaba imbabazi kubw’igitero cyagabwe ku banyamakuru cyabereye ku cyicaro cy’ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi.

Mu itangazo bashyize ahagaragara bakaba bavuze ko basabye imbabazi zidacagase abanyamakuru bahohotewe, bongeraho ko urubyiruko rwabikoze rwabikoze ku giti cyarwo kandi bamaganye ibyo bintu.

Nta makuru yavugaga ko haba hari imyigaragambyo iri kuba mu gihugu mu gihe abayoboke ba Odinga bari bategereje ijambo rye, gusa hari impungenge z’uko ashobora guhamagarira abayoboke be kwigabiza imihanda bagateza imvururu mu mijyi ya Nairobi na Kisumu.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *