Abasirikare batanu ba Mali ndetse n’umusivili umwe, kuri uyu wa kabiri biciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari ziherekeje perezida w’Urukiko Rukuru rw’iki gihugu nk’uko byatangajwe na minisiteri y’’ingabo.
Ntiharamenyekana abari inyuma y’iki gitero, ariko kwibasira abantu bo ku rwego rwo hejuru ndetse n’iyicwa ry’abasirikare ni bimwe mu bigaragaza ko umutekano ukomeje kwifata nabi muri Mali bitewe n’ubwiyongere bw’imitwe y’intagondwa z’Abayisilamu muri iki gihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Imodoka zari ziherekeje Abdrahamane Niang zari zigeze hagati y’imijyi ya Dian a Diafarabe mu karere ka Mopti, mu birometero 500 ugana mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’umurwa mukuru, Bamako, ubwo zagabwagaho igitero n’abitwaje ibirwanisho bari baziteze.
Perezida w’Urukiko Rukuru, Niang n’umugore we babashije kurokoka, ariko igisirikare kikavuga ko hapfuye abantu 6 barimo abasirikare batanu n’umushoferi wari utwaye Niang nk’uko itangazo rya minisiteri y’ingabo rikomeza rivuga.
Src:VOA
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


