Konti ya twitter ya perezida Donald Trump ikurikirwa n’abantu basaga miliyoni 40, izwi nka @realdonaldtrump, yakuweho mu gihe cy’iminota 11 n’umukozi w’ikigo cya Twitter amasezerano ye y’akazi yagombaga kurangira kuri uyu wa Kane
Umukozi w’ikigo cya Twitter, amasezerano ye y’akazi yagombaga kurangira kuri uyu wa Kane yasize akuyeho konti ya perezida Donald Trump izwi nka @realdonaldtrump, imara iminota 11 yose itariho mbere y’uko isubizwaho nk’uko ubuyobozi bw’uru rubuga nkoranyambaga bwatangaje.
Mu butumwa bacishije ku rubuga rwabo, abayobozi ba twitter bakaba batangaje ko nyuma y’aho urubuga ruviriyeho baje kumenya ko ari umwe mu bakozi babo wari ushinzwe gufasha abakiriya wari wakuyeho konti ya perezida Donald Trump bakaba ariko bari gukora iperereza ryimbitse imbere mu kigo cyabo.
Bagize bati: “ Tugiye gukomeza iperereza kandi dufate ingamba zo kubuza ko ibi byakongera kuba .”
Uhagarariye twitter ariko we yanze kugira icyo atangaza nk’uko VOA dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, cyo kimwe na perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubwo basabwaga kugira icyo batangaza.
Perezida Donald Trump azwiho kuba yarifashishije twitter cyane mu kugaba ibitero ku batamushyigikiye ndetse no guteza imbere politiki ze kuva mu gihe yiyamamazaga mu matora yo mu 2016 ndetse na nyuma yo kugera ku butegetsi.
Ibintu nk’ibi bikaba byaherukaga kuba mu Ugushyingo umwaka ushize ubwo konti ya CEO wa twitter, Jack Dorsey nayo yavuyeho mu gihe gito mbere yo gusubiraho, aho yatangaje ko ari ikosa ry’imbere mu kigo cyabo ryari ribaye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


