Zimbabwe: Umunyamakuru w'umunyamerika uherutse gutabwa muri yombi yagejejwe imbere y’ubutabera

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru w’umunyamerikakazi yagejejwe imbere y’urukiko i Harare muri Zimbabwe ashinjwa kugerageza guhirika leta y’icyo gihugu.
Uyu mugore wirwa Martha O’Donavan wakoraga akazi k’intangazamakuru muri kiriya gihugu yatawe muri yombi kuwa gatanu ashinjwa kwandika amagambo ku rubuga rwa Twitter atesha agaciro ububasha bwa Perezida Robert Mugabe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uwunganira uyu munyamakuru mu mategeko aravuga ko ashinjwa kuba yarafunguye konti kuri Twitter zitari mu izina rye maze akazikoresha mu gukangurira abanyazimbabwe guhirika leta iriho.
Icyaha kiramutse kimuhamye, Martha O’Donavan ashobora guhanishwa gufungwa imyaka ibarirwa muri makumyabiri nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ikomeza ibivuga.
Gusa ku ruhande rwe, uyu munyamakuru Martha O’Donavan ahakana ibyaha ashinjwa akavuga ko ari ibihimbano.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *