Kugaba ibitero byo ku butaka kuri Koreya ya Ruguru, Amerika ibona ariyo nzira nziza yabafasha kumenya ingano y’ibitwaro bya kirimbuzi iki gihugu gifite no kubisenya.
Ibi byatangajwe na Minisiteri y’ingabo ku wa Gatandatu tariki ya 4 Ugushyingo 2017, ubwo bamurikiraga abadepite ibiteganywa muri iyo ntambara, amafaranga n’ibindi nkenerwa.
Iyi Minisiteri yabatangarije ko ibyo bitwaro bya Koreya ya Ruguru, bibitse kure mu kuzimu, ko inzira yo kubisenya ari imwe gusa, ibitero byo ku butaka.
Umudepite Ted Lieu wo muri leta ya Californiya na Ruben Gallego uhagarariye Arizona, bombi b’Abademokarate nibo basabye ayo makuru Minisiteri y’ingabo.
Lieu yabwiye ikinyamakuru The Washington Post ko ari ngombwa ko Abanyamerika bamenya uko iyi ntambara izamera. Akagira impungenge ko mu bantu ibihumbi 300 bashobora gupfa muri iyo ntambara, abarenga ibihumbi 100 bashobora kuzaba Abanyamerika.
Gallego we yavuze ko akeneye kumenya neza ko hari amakuru ahagije y’ibishobora kuba kuri Amerika mu gihe abategetsi bokora nabi ibyateganyijwe.
Ibi kandi bitangajwe mu gihe Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi 11 ku mugabane wa Asiya, aho azanasura Koreya y’Epfo, bifitanye umubane, ikana mukeba wa Koreya ya Ruguru.
Perezida Kim Jong un wa Koreya ya Ruguru, yakuriye inzira ku murima Amerika ko idateze guhagarika umushinga yihaye wo kugerageza ibisasu, ko atabihagarika kubera igitutu cya Amerika, ashinja gusuzugura no kwivanga muri politiki z’ibindi bihugu.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philippe/Bwiza.com


