Burundi: Icyumweru cyiswe icy’amaraso, abantu 15 bakishwemo

Sangiza iyi nkuru

Imirambo y’abantu 15 yagiye ibonwa mu bice bitandukanye by’u Burundi, muri bo harimo n’umwana w’imyaka 2 ndetse n’umukecuru w’imyaka 83 n’abandi b’ingeri zose.

Abenshi bagiye babonwa hirya no hino aho biciwe ku misozi, abandi mu migezi no mu nzu babagamo. Umwe muri aba bantu akaba yarishwe n’Imbonerakure, zamukubise kugeza apfuye.

Ku wa 30 Ukwakira 2017, mu ntara ya Ruyigi ku musozi wa Rugoti, muri komini Butezi, habonwe umurambo w’uwitwa Nyawenda Célestin, wabonwe ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Umuvugizi w’igipolisi Op1 Nkurikiye, agira icyo avuga kuri ubu bwicanyi, yagize ati “Uwishwe yaroshywe mu mugezi n’abamwishe batazwi, n’impamvu bamwishe ntabwo iramenyekana, iperereza riracyakomeje”. Umurambo we wajyanwe gukorerwa isuzuma ku bitaro bya Butezi.

Kuri iyi tariki kandi, habonwe undi murambo wa Niyonkuru Faustin, ku musozi wa Nyabututsi komini Gitega, Intara ya Gitega, yakomokaga i Jimbi muri iyi Komini.

Umuvugizi wa Polisi, Op1 Nkurikiye Pierre, yagize ati “Uwishwe yari asanzwe ari umumotari, yari yaburanwe na moto ye [hari hashize icyumweru], ntabwo moto yo yari yari yaboneka, iperereza rirakomeje, hakekwa ko yishwe n’abajura barangije biba moto”.

Umugore w’imyaka 21 y’amavuko witwa Shurweryimana ku wa 29 Ukwakira, umurambo we wasanzwe mu cyumba cye, aho yari asanzwe atuye i Rubamvyi, komini ya Gitega, Intara Gitega.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umuyobozi wa Zone ya Gitega, Ndanga Jean Marie Vianney, yemeje ko uwo mubyeyi ashobora kuba yariyahuye, ati “ yari ashyingiranwe n’umukunzi we vuba, abaturanyi nta kintu bakeka cyaba cyarabiteye, babagaho mu mutuzo n’umugabo we”.

Uyu mugore yasize umwana w’amezi 4, ndetse nta muntu n’umwe wafashwe ngo akorerweho iperereza.

Kuri iyi tariki ya 29 Ukwakira, umukobwa w’imyaka 15, umurambo we wabonwe ku musozi wa Kibogoye muri Muyinga. Umuyobozi w’iyi Komini, Nkeramihigo Philippe, yatangaje ko uwo mukobwa yasambanyijwe, ababikoze barangije baramwica.

Mu gitondo cyo kuri iyi tariki ya 29 Ukwakira, muri Bururi, hatowe umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 20, umwirondoro we ntiwamenyakanye.

Ku wa 27 Ukwakira 2017, ku Kibuye, komini Kiremba mu ntara ya Ngozi, habonwe umurambwo w’umukecuru, Ngenzirabona Léocadie, wari ufite imyaka 83 y’amavuko, yishwe atemeshejwe umuhoro. Hafashwe uwitwa Frédéric Macumi acyekwaho kwica uyu mukecuru, dore ko anasanzwe ari umurwayi wo mu mutwe.

Sinzobakirana Odette w’imyaka 30, kuri iyi tariki ya 27 Ukwakira, umurambo we watowe i Rwingiri, komini Bugendana mu ntara ya Gitega, aboshye yanavunwe ijosi, yabonwe n’abana bari bagiye gutashya.

Ikinyamakuru Iwacu cy’i Burundi, Bwiza.com ikesha iyi nkuru, gitangaza ko mu gitondo cyo ku wa 26 Ukwakira 2017, habonwe undi murambo wa Niyonzima Thérence, ku musozi Rwingiri, komini Bugendana, yari umunyeshuri muri Lycée communal de Kayanza.

Kuri uyu munsi kandi hatowe undi murambo w’uwitwa Irakoze Thierry, mu gihuru cyo ku musozi wa Mbuye, komini Mpinga-Kayove, mu ntara ya Rutana.

Ku wa 26 Ukwakira 2017, muri zone ya Maramvya, komini Mutimbuzi, Intara ya Bujumbura, habonwe umurambo w’uwari uzwi ku izina rya Nzungu , ureremba mu mugezi wa Kivogero. Uyu musore ntabwo akomoka muri ako gace, hacyekwa ko yaba yaraguye mu mugezi kubera uburwayi bw’igicuri.

Kuri iyi tariki ya 26, muri Komini ya Busoni, intara ya Kirundo, Mugabonihera Innocent w’imyaka 29, ngo yakubiswe n’Imbonerakure kugeza ashizemo umwuka, babiri bafashwe na Polisi gukorerwaho iperereza.

Ahagana saa saba z’ijoro z’iyi tariki, uwitwaga Claude Nzoyisaba yanigiwe mu nzu n’abantu batazwi.

Mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira iryo ku wa 25 Ukwakira, Ntaconishimiye Antoinette w’imyaka 63 y’amavuko, wo ku musozi wa Kijuri, Komini Matongo yakaswe ijosi n’abantu batazwi, ubuyobozi muri ako gace buvuga ko abamwishe bari banafite imbunda.

Ku wa 24 Ukwakira 2017, umurambo wa Ntanguranwa Léonce wari ufite imyaka 58, wabonwe ku musozi wa Ruce, komini Mukike, intara ya Bujumbura, yishwe akaswe ijosi ubwo yatahaga iwe mu rugo i Rurandira.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ku wa 23 Ukwakira 2017, umurambo wa Rwasa Emmanuel wabonwe i Nyamivuma, zone ya Bukuba, Komini Vumbi. Kuri uyu munsi kandi, abaturage bo mu gace ka Nyamarobe, komini Kiremba, muri Ngozi barohoye mu mugezi wa Buyongwe umurambo w’umwana w’imyaka 2 witwa Clémentine Nzoyihiki.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu i Burundi, itangaza ko ifite impungenge z’ubu bwicanyi bwakozwe mu cyumweru kimwe bamwe bise icy’amaraso ndetse n’ubukomeza gukora.

IshYirahamwe SOS-Torture rikaba rivuga ko impungenge za mbere rifite ari imyitozo ihabwa bamwe mu rubyiruko rw’ishyaka CNDD FDD, mu ntara ya Cibitoki.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Itangishatse Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *