Kuri uyu wa kabiri, itariki 21 Ugushyingo 2017, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko yahamagaje ambasaderi wayo muri Libya nyuma y’aho ngo bigaragariye ko muri iki gihugu hakorerwa ubucuruzi bw’abantu.
Ubuyobozi bw’iki gihugu cy’abaturanyi cya Congo buravuga ko bwifuza kumenya by’ukuri uko ibintu bimeze muri Libya no kumenya niba Abanye-Congo bahatuye bacyurwa mu gihe byagaragara ko bari mu bantu bakoreshwa uburetwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibi bikaba ari ibyatangajwe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’imigenderanire wa Congo, Léonard She Okitundu , nk’uko iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ikomeza ivuga.
Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba ko ikibazo cy’abimukira gikwiye kuba mu bya mbere bizigwaho mu nama izahuza Afurika n’u Burayi mu mpera z’uku kwezi kw’Ugushyingo. Tubibutse ko Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ari yo iherutse gutorerwa kuyobora akanama gashinzwe uburenganzira bwa muntu ka Loni.
Usibye Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ibihugu bya Burkina Faso na Niger nabyo byahamagaje ba ambasaderi babyo muri Libya kubera ayo makuru akomeje kwemeza ko muri iki gihugu hakorerwa ubucuruzi bw’abantu.
Uwo mushikiranganji yipfuza ko ikibazo c’abimukira gikwiye kuba mu vya mbere bizokwigwa mu nama ya Afrika n’Ubumwe bwa buraya izobera i Abidjan mu mpera z’uku kwezi kwa cumi na rimwe.
Mu minsi ishize nibwo hatangiye kugaragara amakuru kuri iri curuzwa ry’abantu rikorerwa mu gihugu cya Libya, aho bivugwa ko ibihumbi by’abimukira banyura muri iki gihugu bashaka kwerekeza mu Burayi, hari inkambi no mu mazu bafungirwamo mu gihe bategereje.
Iyo izi nzu baba bacumbikiwemo zuzuye cyangwa bamwe muri aba bimukira bakananirwa kwishyura ababa bagomba kubajyana mu mato berekeza mu Butaliyani, ngo bagurishwa ku Mayero 300 ku muntu nk’uko byatangajwe mu nkuru ya The Telegraphy.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


