Ivan Rakitić avuga ko nta cyizere cya 100% cy’uko Messi azaguma muri FC Barcelone

Sangiza iyi nkuru

Ivan Rakitić ni umugabo w’imyaka 29 y’amavuko ukomoka mu Busuwisi, akaba akinira ikipe FC Barcelona yo muri Espagne ku mwanya wo hagati mu kibuga, avuga ko adahamya 100% ko Messi azaguma muri iyi kipe.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabanjirije umukino ukomeye urahuza ikipe ya FC Barcelona na Juventus yo mu Butaliyani, wo kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2017, nibwo uyu mukinnyi yagize icyo avuga kuri mugenzi we Messi.

Ati “sinavuga ko ari umukinnyi w’ingenzi, ahubwo arenze urwo rwego, urebye impano ye, uko abonwa mu ikipe ya Barca, sinabihamya 100% ko azahaguma cyangwa se akagenda, ikintu kimwe twavuga nk’abakinira ikipe imwe na we, ni uko yayigumamo, aradufasha kandi tunezezwa no kuba turi kumwe na we”.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uyu mugabo akomeza avuga ko yizeye ko Messi atazava muri Barca umwaka utaha, ko nawe yifuza [Messi] kuyigumamo.

Muri Nyakanga nibwo ubuyobozi bwa Barcelona bwatangaje ko bwagiranye andi masezerano na Messi yo kuyikinira kugera 2021.

Lionel Messi yageze muri Barcelone muri 2003, afite imyaka 13 akaba amaze kuyitwariramo ibikombe 17, birimo Champions league 4, Copa del Rey 5 n’ibikombe bya Shampiyona 8.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Kamikazi Gentille/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *