Urukiko Rukuru rw’Intara ya Gitega mu gihugu cy’u Burundi rwakatiye imyaka 20 ndetse n’imyaka 4 y’igifungo abantu babiri baherutse guca ibiganza abana abana babiri nyuma yo kubafatira mu murima w’ibigori kuri uyu wa gatatu ushize muri Komini Itaba, Intara ya Gitega.
Abakatiwe ni umusore w’imyaka 19 wahanishijwe gufungwa imyaka 20 n’indishyi ya miliyoni 8, mu gihe undi wahanishijwe gufungwa imyaka 4 n’amande y’ibihumbi Magana atatu y’Amarundi ari umusore w’imyaka 15.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Aba bombi bakatiwe kuri uyu wa Gatandatu, itariki 25 Ugushyingo 2017, baciye abo bana babiri ibiganza bamaze kubafatira mu murima w’ibigori bari kubyiba.
Ishyirahamwe FENADEB riharanira uburenganzira bw’abana riravuga ko ryanejejwe n’ibyemezo bby’urukiko Rukuru rwa Gitega.
Iri shyirahamwe rishimira uru rukiko kuba rwarihutishije urubanza, ndetse rishimira minisitiri w’ubutabera, Aimé-Laurentine KANYANA, ku kuba ubwe yari yitabiriye imikirize y’uru rubanza.

Mu kiganiro yahaye Ijwi rya Amerika, minisitiri Kanyana yashimangiye ko bitewe n’uko mu Burundi hari hasanzwe umuco wo gucibwa amande kw’abahamijwe ibyaha ariko bikazarangira amande adatanzwe, kuri iyi nshuro aya mande agenewe imiryango y’aba bana baciwe ibiganza agomba kwishyurwa bitarenze amezi 6 bitaba ibyo amasambu y’aba bahamijwe icyaha akagurishwa.
Yongeyeho ko bigomba kubera n’abandi urugero kuko ubutabera butazongera kurebera abanyabyaha bahabwa ibihano ntibishyirwe mu bikorwa.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns/Bwiza.com


