Umupolisi arahigwa bukware nyuma yo gupanga kwiba Airtel amaze gufata ku ngufu umukozi wayo

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cya Uganda ahitwa Bushenyi kiri guhigisha uruhindu umupolisi wacyo wakoreraga kuri station ya polisi ya Ishaka ukurikiranweho gupanga igikorwa cyo kwiba iduka rya Airtel nyuma yo gushimuta umukozi wo muri iri duka akanamusambanya ku ngufu kuri uyu wa Mbere ushize.

Nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’igipolisi mu karere ka Bushenyi, Martial Tumusiime, ngo, SPC Deus Tumusiime ngo yaracitse ariko imodoka ye ifite ibirango, UAN 294C irafatwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Spyreports dukesha iyi nkuru ikaba ikomeza ivuga ko SPC Deus Tumusiime yabanje gushimuta umugore ukorera Airtel, akamusambanyiriza ku ngufu muri iyo modoka ye, yarangiza agatwara imfunguzo z’aho yakoreraga.

Umuvugizi w’igipolisi yanavuze abandi bakekwaho gufatanya n’uyu mupolisi batawe muri yombi ari bo; jonan kamwesiga wo mu mujyi wa Nyakabirizi muri Bushenyi, Jeniva Kobusingye w’ahitwa Nyarugote muri Nyabubare mu karere ka Bushenyi, James Tugume w’ahitwa Kashenshero mu Karere ka Mitooma, na Muzamiru Mwesigwa.

Yongeyeho ko igipolisi kigishakisha n’abandi bagize uruhare muri ubu bujura, avuga ko aba bashakaga kwiba miliyoni 118 yari ari muri iryo duka rya Airtel.

Igipolisi kandi kivuga ko aba bashinjwa ibyaha bitatu birimo gushimuta, gufata ku ngufu, n’ubujura bwo ku rwego rwo hejuru.

Igipolisi cya Bushenyi kikimara kubona aya makuru ngo cyahise gitabara kiburizamo ubu bujura mu mujyi wa Ishaka aho izo miliyoni 118 z’amashilingi za Airtel zari ziri.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *