Icyoba ni cyose ku mupaka wa Uganda na Congo nyuma y’igitero cya ADF kuri Monusco

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Uganda (UPDF) ndetse n’icya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) byagiranye inama y’umutekano nyuma y’ibitero bikomeye byubuwe n’umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ariko ukorera muri Congo.

Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano akaba avuga ko ku murongo w’ibyigwa hariho guca integer uyu mutwe wa ADF ndetse no gukaza umutekano ku mupaka wa Uganda na Congo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Iyi nama ikaba yabereye ahitwa Kasindi-Lubiriha, muri Congo, mu birometero nka 90 ugana mu mjyaruguru y’uburasirazuba bw’Umujyi wa Beni, uturiye Uganda.

Amakuru agera ku rubuga rwa Spyreports dukesha iyi nkuru, akaba avuga ko UPDF na FARDC baganiriye ku gupanga no gutangiza ibikorwa bihuriweho bigamije guca intege umutwe wa ADF ufatwa nk’umutwe w’iterabwoba ukorera muri Beni.

Mu cyumweru gishize nibwo uyu mutwe wagabye igitero kidasanzwe ku ngabo z’Umuryango w’Abibumbye muri Congo (Monusco) ku birindiro biri muri Beni, wica abasirikare bagera kuri 20 abandi 53 barakomereka. Mu bapfuye hakaba harimo ingabo za Tanzania 15.

Iyi nama hagati y’igisirikare cya Uganda n’icya Congo ije mu gihe FARDC yongereye ingabo ziturutse muri Kisangani muri Beni kuva kuwa Gatatu ushize, itariki 13 Ukuboza.

Intumwa z’igisirikare cya Uganda zari ziyobowe na Brig. Micheal Kabango, ukuriye division ya 5 y’ingabo zirwanira ku butaka, mu gihe intumwa za FARDC zari ziyobowe na Gen. Marcel Mbangu ukuriye ibikorwa bya Sokola 1 igice cy’amajyaruguru.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *