Rwamagana: Yatawe muri yombi nyuma yo kugerageza kwiba banki akoresheje ikoranabuhanga

Sangiza iyi nkuru

Polisi mu Karere ka Rwamagana yataye muri yombi uwitwa Emmanuel Shumbusho ukekwaho icyaha gikoreshejwe ikoranabuhanga (cybercrime) nyuma yo kugerageza kubikuza amafaranga akoresheje uburyo bwa mobile banking agashaka kwiba umukozi wa banki.
Polisi ivuga ko kuwa Kane Shumbusho yinjiye muri Banki y’ubucuruzi, ishami rya Kigabiro agaha umukozi wa banki (Teller) cheque y’amafaranga 3.450,000 yashakaga kubikuza.
Mu gihe iyi cheque yari irimo guhabwa ayo mafaranga, Shumbusho yahise abikuza andi mafaranga nk’ayo anyuze mu buryo bwa mobile banking kuri konti ye ya mobile money nk’uko byemezwa na CIP Theobald Kanamugire, umuvugizi wa polisi mu burasirazuba.
CIP Kanamugire avuga ko umukozi wa banki amaze kumuha amafaranga, system ya banki yahise anakira ubundi butumwa bumubwira ko amafaranga yabikujwe hakoreshejwe telephone, maze mu ibanga banki ihamagara polisi Shumbusho atabwa muri yombi atarenze umutaru.
Ubwo Shumbusho yari yamaze koherereza undi muntu miliyoni 1,9 ariko binyuze mu kigo cy’itumanaho akorana nacyo, ayo mafaranga yarakurikiranwe yose asubizwa muri banki.
Kuri ubu Shumbusho afungiye kuri station ya polisi ya Kigabiro mu gihe ubushinjacyaha bukomeje gutegura ikirego.
 
Kanda hano wiyandikishe ( Subscribe) ubona ibiganiro, indirimbo kandi bishya mu mashusho

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *