Karongi: Igipolisi cyakoresheje imbaraga mu gutatanya impunzi zigaragambya 

Sangiza iyi nkuru

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi riratangaza ko imyigaragambyo y’impunzi z’Abanyekongo mu Rwanda yavutsemo imyivumbagatanyo bikaba ngombwa ko igipolisi gikoresha ingufu mu gutatanya abigaragambya.
Iyi myigaragambyo yatewe n’igabanuka ry’ibyo kurya byagenerwaga impunzi. Umuyobozi muri HCR, Daniela Ionita avuga ko impunzi zanze gusubira mu nkambi ya Kiziba, mu burengerazuba bw’u Rwanda, zavuyemo kuri uyu wa Kabiri ushize zitangiza imyigaragambyo.
Izi mpunzi zikaba zisaba ko imibereho yazo yakwitabwaho neza cyangwa se zikimurirwa mu bindi bihugu.
Jean Claude Rwahama, Umuyobozi muri Midimar ushinzwe ibibazo by’impunzi yemeje aya makuru avuga ko abantu benshi bakomerekeye mu myigaragambyo yo kuri uyu wa kane, itariki 22 Gashyantare, yongeraho ko abo bireba barimo abahagarariye inkambi bari gushaka igisubizo.
Ku rundi ruhande, minisitiri ushinzwe, Jeanne d’Arc DeBonheur, yavuze ko igipolisi cyagombaga gukora ibyo cyakoze ku mpamvu z’umutekano, aho cyakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambyaga.
Minisitiri ati: “Bagomba kuva hariya hano bagasubira mu nkambi. Ndetse twumvikanye na HCR ko nta bufasha bwose bazabona nibaba bakomeje gukambika hariya.”
100140175 ref rwanda2
Kuri uyu wa Gatatu, nibwo HCR yari yaburiye izi mpunzi izisaba gusubira mu nkambi bitaba ibyo zikirengera ingaruka, aho yavugaga ko iki kibazo cyashyizwe mu maboko y’inzego z’umutekano z’u Rwanda.
Ni nyuma yo kubwira izi mpunzi ko ntacyo bazifasha zidasubiye mu nkambi nk’uko byagarutsweho na minisitiri DeBonheur.
 
Kanda hano ukore SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya
 
Amafoto:BBC

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *