Umunsi w’abagore: Perezida Kagame yavuze ko ari inkingi zikomeye mu kubaka igihugu

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame yifurije abagore umunsi mwiza wabo, anavuga ko ari inkingi zikomeye mu mibereho myiza, ububukungu, Isi yose imaze gutera intambwe ndende, kandi u Rwanda rwateye intambwe mu guha abagore n’abakobwa ubushobozi mu uruhare rwarwo.
Perezida Kagame yavuze ko ntagihombo giterwa n’uburinganire . Ati “Nta gihombo giterwa n’uburinganire hagati y’abagore n’abakobwa n’abasaza babo, kandi bafite ububasha bungana. Ahubwo tubyungukiramo twese.”
Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, wizihizwa buri tariki ya 8 Werurwe, aho kuri uyu munsi ku urwego rw’igihugu wijihirijwe mu Intara y’amajyepfo mu karere ka Muhanga. Mu ubutumwa buri mu mashusho ari kuri Twitter y’ibiro by’umukuru w’ighugu , Perezida Kagame yavuze ko ari “umunsi akwiye kugira icyo uvugwaho kuko ufite agaciro kanini”.
Perezida Kagame yavuze ko aho u Rwanda rugeze ari ukubera imiyoborere myiza , ivugururwa ry’amategeko na politike nziza muri rusange. Avuga ko abantu bose bakomeje kumva ko ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore nta nyungu bufite, ahubwo ko butera igihombo kinini.
Ati “ Abagore ni inkingi ikomeye y’imibereho myiza n’ubukungu mu gihugu muri rusange. No mu bihe by’intambara cyangwa amakimbirane, bagira uruhare runini mu kubungabunga amahoro n’umutekano.”
U Rwanda ruza ku isonga ku Isi mu kugira ubwiganze bw’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko kuko bihariye 64%.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *