Umukozi wo mu ndege ya Fly Emirates Airlines yagerageje kwiyahurira ku kibuga cy’indege cya Entebbe

Sangiza iyi nkuru

Umukozi wa Kompanyi y’indege ya Fly Emirates Airlines ari kurwana n’ubuzima nyuma yo kugerageza kwiyahura asimbutse mu ndege ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe muri Uganda.
Umuvugizi w’igipolisi, Emilian Kayima, akaba avuga ko uyu mugore hataramenyekana imyirondoro ye, yari ari kumwe na bagenzi be bitegura kwinjiza abagenzi mu ndege yari igiye I Dubai.
Uyu mugore akaba yasimbutse mu ndege yari iparitse aciye ku muryango w’ubutabazi (emergency door)wari ufunguye nk’uko Spyreports dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
Umuvugizi wa polisi, Kayima, yakomeje atangaza ko uyu yahise ajyanwa ku bitaro bya Kisubi ngo bamutabare byihutirwa, mbere yo koherezwa ku Bitaro Mpuzamahanga bya kampala ngo akomeze gukurikiranwa n’abaganga.
Kugeza ubu ntiharamenyekana  niba koko uku kwari ukugerageza kwiyahura cyangwa ari impanuka.
 
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *