Amakipe menshi yifuza kugira Messi ariko ntibishoboka, ruhago ye izarangirira muri Barcelona- Antonio Conte

Sangiza iyi nkuru

Umutoza wa Chelsea, Antonio Conte yavuze ibigwi Lionel Messi wari umaze kumutsinda, ko ari umukinnyi wo ku rwego rwo hejuru amakipe menshi yifuza, gusa ngo ntibyashoboka kuko Messi azarangiriza ruhago ye muri iyi kipe.
Ibi Antonio Conte yabitangaje ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 14 Werurwe 2018, ubwo Ikipe ya FC Barcelone yari imaze gutsinda 3-0 ikipe ya Chelsea atoza yo mu Bwongereza mu mikini y’amakipe yabaye aya mbere iwayo (Champions League).
Aganira n’itangazamakuru, Conte yagize ati “Messi ni umukinnyi ushobora guhindura ibyo indi kipe yari yizeye ku munota wa nyuma, yatangiye gukina ari muri Barcelona ndetse azanarangiriza impano ye muri ruhango muri Barcelona, amakipe menshi yifuza kumugira ariko ntabwo bishoboka, aya ni amateka akomeye ya Barcelona na Messi”.
Akomeza avuga ko Messi ari umukinnyi ushobora gutsinda ibitego 60 muri buri sezo, ndetse agahamya ko ari we mukinnyi wa mbere ku isi ubashije kubaho mu myaka 50 y’iki kinyejana.
Umukino wa Chelsea Vs FC Barcelona, warangiye Messi atsinzemo ibitego bibiri ku munota wa 3 n’uwa 63 muri bitatu Fc Barca yatsinze Chelsea.
hy
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *