Nyamara Munyurangabo Patrick w’Urwunge rw’Amashuri rwa Rubona aba bana bigamo, avuga ko nta mwana n’umwe wigeze yirukanirwa amafaranga y’ishuri ayari yo yose.
Tariki 28 z’ukwezi kwa cyenda mu mwaka wa 2016 Minisiteri y’uburezi yandikiye ibaruwa abayobozi b’uturere twose ibibutsa ko nta mwana ukwiye kubuzwa uburenganzira bwo kwiga kubera umusanzu uwo ari wo wose utangwa n’ababyeyi.Iyi Minisiteri yasabiye ibihano abayobozi b’amashuri barenga kuri ayo mabwiriza.