Umugore yafashe abakobwa be babiri, uw’imyaka 18 na 21 bagerageza gusambanya se wari umaze umwanya muto apfuye.
Aba bakobwa bafatiwe mu ishyamba rya Californie muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubu bakaba barahamwe n’icyaha cyo gushaka kwishimisha ku murambo bawushinyagurira, bakaba barakatiwe igifungo cy’imyaka 15.
Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Africanews, gitangaza ko aba bakobwa ubwo bagezwaga imbere y’urukiko, bireguye bavuga ko basambanyaga se bagira ngo agaruke ibuzima, biregura bavuga ko bari bazi ko iyo usambanyije uwapfuye bishobora kumuha amahirwe yo kugaruka ibuzima.
Ibizamini byakorewe umurambo, byagaragaje ko se w’aba bakobwa yishwe n’indwara y’umutima, atigeze yivuza.
Bitewe n’uko uyu muryango ngo wahisemo kuva mu mujyi ukajya gutura hafi y’ishyamba mu birometero 30 uvuye mu mujyi, ngo bituma uyu mugore yicuza urupfu rw’umugabo we.
Uyu mugore utaratangajwe amazina, ngo ubwo yabonaga umugabo we amerewe nabi cyane, ngo yavuye mu rugo agiye gushaka ubufasha, mu kugaruka nabwo abubuze, nibwo yasanze abakobwa be bari hejuru ya se yashizemo umwuka, barimo kumusambanya.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya



