Sudani: Perezida Omar al-Bashir yirukanye uwari minisitiri w’ububanyi n’amahanga

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Sudani Omar al-Bashir yirukanye minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga Ibrahim Ghandour nyuma yuko uyu mu minisitiri atangaje abadipolomate bahagarariye icyo gihugu mu mahanga bamaze igihe kirekire badahembwa.
Nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru bya Sudani( SUNA) perezida Bashir yirukanye Ibrahim Ghandou kuwa 19 Mata 2018. Ibi biro bigira biti’’Perezida Omar al-Bashir kuri uyu mugoroba, yirukanye minisitiri w’ububanyi n’amahanga Prof Ibrahim Ghandour ku mirimo ye’’
Kuwa 18 Mata 2018 nibwo Ibrahim yabwiye inteko ishingamategeko ko minisiteri ye ifite ibibazo by’amafaranga. Bityo bikaba bituma babura amafaranga yo kwishyurira ubukode bw’aho abahagarariye Sudani mu mahanga bakorera ndetse bakaba bamaze n’igihe kinini badahabwa umushahara.
Igihugu cya Sudani kiri mu bukene bukabije bw’amafaranga aho amafaranga y’iki gihugu yataye agaciro ndetse n’ubukungu bukomeza kurindimuka. Kuva Sudani yacikamo ibice bibiri, yakomeje kugira ibibazo mu bukungu kuko yatakaje 75 % by’amafaranga binjizaga bakuye mu icukurwa rya peteroli.
Prof Ibrahim Ghandour yahoze ari umwarimu muri kaminuza ya Khartoum , yayoboye iyi minisiteri kuva muri Kamena 2015.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya
Nkurunziza Viateur Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *