Depite Opendi abona ubutabera bukwiye gukurikirana abamamaza ubutinganyi

Abadepite ba Uganda bamaganye ubutinganyi, basaba Leta gukurikirana ababwamamaza

Sangiza iyi nkuru

Abadepite bagize inteko ishinga amategeko ya Uganda bemeranyije ko bagomba kurwanya ubutinganyi, basaba Polisi n’urwego rw’ubucamanza gukurikirana ababwamamaza.

Mu nteko rusange yabaye kuri uyu wa 24 Mutarama 2023, Depite Charles Bakkabulindi yavuze ko hari imiryango itari iya Leta (NGOs) ikomeje kwamamaza ibikorwa bya LGBTQ mu bigo by’amashuri, asaba ko yakumirwa. Ati: “Izi NGOs zikoresha abarimu mu mashuri manini kugira ngo binjize abanyeshuri muri ibi bikorwa. Dukwiye kubikumira.”

Visi Perezida w’Inteko ya Uganda, Thomas Tayebwa na we yagaragaje ko ahangayikishijwe n’uburyo ibikorwa bya LGBTQ biri gukwirakwira mu banyeshuri. Ati: “Aya mashuri yabaye ibigo byo kwinjirizamo abantu, bamwe muri aba bana n’ababyeyi babo bari gupfa bucece.”

Depite Tayebwa yabwiye bagenzi be ko komite y’Inteko ishinzwe uburezi ikwiye gushakira iki kibazo igisubizo. Ati: “Dukeneye ko komite ishinzwe uburezi ireba kuri iki kibazo, tugashaka igisubizo. Ntabwo bikwiye gukomeza bitya. Bamwe mu bana b’abahungu mu mashuri amwe batinya kugenda nijoro ngo basambanywa.”

Depite Sarah Opendi yasabye Inteko ishinga amategeko gutanga umurongo wo kurwanya ibikorwa by’abaryamana bahuje ibitsina, ababihindura n’abandi babarizwa mu muryango wa LGBTQ.

Yagize ati: “Ntabwo dukwiye guceceka ibi, dufite icyifuzo muri iyi ngoro kandi twazanye ibyifuzo by’uko twakomeza. Polisi ya Uganda n’Ubucamanza bikwiye guhagarara byemye bikarwanya ibi. No muri iyi nteko harimo abantu bashyigikiye aba bantu kandi navuga amazina yabo.”

Aba badepite basabye Leta gukurikirana abamamaza ubutinganyi nyuma y’aho umuryango waharaniraga uburenganzira bw’abo muri LGBTQ witwa SMUG (Sexual Minorities Uganda) uhagaritswe muri Kanama 2022 kubera ko ‘utari wujuje ibyangombwa’ biwemerera gukorera muri iki gihugu.

Depite Opendi abona ubutabera bukwiye gukurikirana abamamaza ubutinganyi
Depite Opendi abona ubutabera bukwiye gukurikirana abamamaza ubutinganyi

Visi Perezida w'Inteko, Tayebwa abona ubukangurambaga bukomeje mu mashuri bugomba guhagarikwa
Visi Perezida w’Inteko, Tayebwa abona ubukangurambaga bukomeje mu mashuri bugomba guhagarikwa

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Abadepite ba Uganda bamaganye ubutinganyi, basaba Leta gukurikirana ababwamamaza
    Reka rero muhangane na USA hamwa na Vaticani!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *