HEwhEBRWUAAc1Rn

Abadepite bahaye umukoro MININFRA na Minisitiri w’intebe

Sangiza iyi nkuru

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, kuri uyu wa Kabiri yahaye umukoro minisiteri y’ibikorwaremezo ndetse na Minisitiri w’Intebe ku bijyanye n’ibungabungwa ry’imihanda y’imigenderano ndetse no gukumira iyangirika ry’ibikorwaremezo.
HEwhEBPWQAAIAfc
Minisitiri w’ibikorwaremezo yasabwe kugaragaza uburyo bwo kunoza imikorere y’amatsinda y’urubyiruko (emerging contractors) rukora imirimo yo kubungabunga imihanda y’imihahirano hagamijwe gukumira iyangirika ryayo.
Bigakorwa mu gihe kitarenze amezi atandatu.
HEwhEBSXUAErdVZ
Ni nyuma yo kwemeza raporo ya Komisiyo y’Ubukungu n’Ubucuruzi ku isesengura yakoze na nyuma yo kugirana ibiganiro n’inzego ku bibazo byagaragaye ku mihanda y’imihahirano n’ikurikirana ry’ibibazo byagaragaye mu biraro bifasha abaturage kugeza umusaruro ku isoko n’amazi yo ku mihanda atayoborwa neza akangiza ibikorwa by’abaturage.
Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite kandi yasabye Minisitiri w’Intebe kugaragariza uburyo n’ibikorwa bihuriweho n’inzego bizakorwa hagamijwe gukemura ibibazo biterwa n’amazi y’imvura adafatwa n’uko yabyazwa umusaruro hakumirwa iyangirika ry’ibikorwa remezo n’imitungo y’abaturage. Bigakorwa mu gihe kitarenze amezi atandatu.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *