Abadepite bashinjwa uruhare mu bwicanyi muri Masaka bongereweho iterabwoba

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha bwa Uganda bwashinje ibindi birego bishya by’iterabwoba abadepite babiri bo mu ishyaka NUP rya Bobi Wine, Mohammed Ssegirinya na Allan Ssewanyana, baherutse gutabwa muri yombi bashinjwa kugira uruhare mu bwicanyi bw’abantu bitwaje imihoro bwo muri Masaka, aho bareganwa n’abandi bantu bane.

Imbere y’umucamanza wo mu rukiko rwa Masaka, Grace Wakoli kuri uyu wa Gatatu, itariki 15 Nzeri, umushinjacyaha mukuru, Richard Birivumbuka yabwiye urukiko ko “leta yavuguruye urupapuro rw’ikirego ikongeraho ibindi birego bibiri”.

Leta ivuga ko “itsinda ry’abaregwa n’abandi batarafatwa mu gihe cyo kuva muri Mutarama kugeza muri Kanama 2021, bagize uruhare mu bwicanyi bwo mu karere ka Masaka no mu bindi bice by’igihugu.”

Umushinjacyaha wa leta Birivumbika yabwiye urukiko kandi ko iperereza kuri ibi birego rigikomeje, asaba urukiko gusubika iburanisha.

Kuri ubu nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga, abaregwa barashinjwa ibyaha bitandatu birimo bitatu by’ubwicanyi n’ikindi cyo kugerageza ubwicanyi, kongeraho ibindi birego bibiri bishya by’iterabwoba.

Umunyamategeko wunganira abaregwa, Shamimu Malende, yabwiye urukiko ko leta ifite uburenganzira bwo kongeraho ibindi birego ishaka, ariko igomba no kwihutisha iperereza ikagaragaza abantu ba nyabo barimo kwica abantu.

Umunyamategeko ati “Gukomeza gufunga aba bantu muri gereza birambura abaturage uburenganzira bwabo bahabwa n’itegeko nshinga bwo guhagararirwa mu nteko. Umudepite uhagarariye Kawempe y’Amajyaruguru, Ssegirinya n’uhagarariye Makindye y’Uburengerazuba, Allan Ssewanyana kugeza ubu bamaze gusiba inteko rusange 6 kandi bafite ibibazo by’ubuzima bidashobora kwitabwaho muri gereza,”

Uyu yongeyeho ko abo aburanira bakeneye kwitabwaho byihariye.

Biteganyijwe ko abaregwa bazoherezwa mu rukiko rukuru gutangira kuburana mu mizi igihe iperereza ku byo baregwa rizaba rirangiye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *