Abafana ba Arsenal basabye ko ikipe yabo ihambiriza umukinnyi bashinja kubatsindisha

Sangiza iyi nkuru

Abafana ba Arsenal bumvikanye bikoma Sambi Lokonga kuba nyirabayaza wo gutsindwa na Manchester City igitego 1-0, bagahita banasezererwa muri FA Cup.

Hari mu mukino wa mbere muri uyu mwaka Mikel Arteta yari ahuriyemo na Pep Guardiola bahoze bakorana.

Abafana ba Arsenal bashinje Sambi Lokonga kuba yagize uruhare mu gitego rukumbi Nathan Aké yatsinze nk’uko tubikesha kinyamakuru “Sport Bible”.

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko Lokonga yakomeje guhagarara ubwo Jack Grealish yariho azonga Tokehiro Tomiyasu na Bukayo Saka, bityo bigaha Umuholandi Nathan Aké umwanya wo gutsinda ku umupira Julian Alvarez yabanje gutera igiti cy’izamu.

Uretse n’abafana kandi, na Kapiteni Martin Ødegaard yananiwe kwihishira ubwo yamurebaga igitsure kubera imikinire ye itari imeze neza, ibyanatumye uriya Mubiligi yinjira mu rwambariro mbere y’abandi bose umukino ukirangira.

Ibi kandi bije bisanga amakuru y’uko AS Monaco yo mu Bufaransa yakomanze ishaka Albert Sambi Lokonga w’imyaka 23 y’amavuko, ariko Arteta akabitera utwatsi bitewe ahanini n’imvune za hato na hato z’Umunya-Misiri Mohamed Elneny.

Ku rundi ruhande Moisés Caicedo wifuzwa bikomeye na Arsenal yanze gukorera imyitozo hamwe na Brighton nyuma y’uko iyi kipe yanze miliyoni zisaga 74 z’amadolari ya Amerika zoherejwe na Arsenal.

Sambi Lokonga utarabonye umwanya uhagije wo gukina kubera Thomas Partey bakina hamwe akaba ari na we yinjiye asimbura, yageze muri Arsenal mu mpeshyi ya 2021 aturutse mu ikipe ya Anderlecht aguzwe miliyoni 17 z’ama-Pounds.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *