Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Werurwe 2016, aho abafana b’amakipe Arsenal Vs Tottenham bakozanyijeho bapfa gufana bitandukanye, bamwe muri bo bakaba bakomerekejwe.

Nk’uko bitangazwa na Mirror dukesha iyi nkuru, ni uko aba bafana barwaniye mu muhanda uri hafi ya stade “White Hart Lane” y’ikipe ya Tottenham umukono wabereyeho.

Polisi yahosheje iyi mirwano ngo yatabaye abantu bamwe barimo guhanurwa mu igorofa hakaba hagaragaye n’abakomerekejwe mu mutwe.

Aba bafana ngo nta kindi bapfuye uretse kudahuza amakipe bafana, polisi ikaba yataye muri yombi bamwe mu barwanaga abandi bangirwa kujya mu mukino dore ko barwanye mbere y’uko utangira.

Umukino wahuzaga aya makipe warangiye ari ibitego 2-2 (Arsenal Vs Tottenham).



Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Theoneste@Bwiza.com


