Abagororwa bararindwa bate icyorezo cya Covid-19 cyugarije amagereza?

Sangiza iyi nkuru

Mu minsi 8 gusa, gereza eshatu zo mu Rwanda zirimo iya Rwamagana, Nyarugenge na Muhanga, zimaze kubonekamo imfungwa n’abagororwa 192 banduye icyorezo cya Covid-19, mu gihe hari harafashwe ingamba zikakaye kugira ngo kitazabasha kwinjiramo; ariko byabaye iby’ubusa.

Mu ngamba zari zafashwe muri Werurwe 2020, harimo kutemerera abagize imiryango y’abagororwa kubasura, abagiye gufungirwa mu magereza bakazajya babanza kujya mu kato k’iminsi 14, serivisi z’imanza zikajya zitangirwa ku ikoranabuhanga; kugira ngo badahura n’abo hanze banduye Covid-19.

Ibyo uwari Umuvugizi w’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), SSP Hillary Sengabo, yabitangarije Kigali Today muri uko kwezi, agira ati: “Icyo twahereyeho ni ugukumira abasura abafunze, hanyuma abaje gufungwa bashya bakabanza gushyirwa mu kato mu gihe cy’iminsi 14 tubakurikirana, nyuma bagapimwa basanga ari bazima, bakajya mu bandi.”

Nyuma y’aho bigaragaye ko byarangiye abagororwa n’imfungwa banduye iki cyorezo, bigaragara ko iki kibazo ari amayobera ku nzego zirimo RCS, ivuga ko itazi uburyo iki cyorezo cyinjiye mu magereza nk’uko Komiseri Mukuru w’uru rwego, CGP George Rwigamba yabitangarije Televiziyo y’u Rwanda tariki ya 12 Ugushyingo 2020, kandi kubumenya byagashingiweho hashyirwaho ingamba zo kugikumira ngo kitongera kwinjira.

Uburyo bushoboka icyorezo cyaba cyarinjiyemo mu magereza

Uburyo bushoboka imfungwa n’abagororwa baba baranduriyemo iki cyorezo ni bubiri:

  • Kuba abajyanwe kwa muganga barwaye barahuriyeyo n’abanduye icyorezo cya Covid-19, hanyuma bakagaruka bakinjira mu bandi.
  • Kuba abashinzwe kugemurira amagereza ibiribwa ari bo baba barinjijemo iki cyorezo.

Ubwa gatatu bwashobokaga ni ukuba abacungagereza ari bo baba baracyinjijemo ariko Umuvugizi wa RCS, SSP Uwera Pelly mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, yavuze ko nta mucungagereza wigeze yandura Covid-19.

Hari impungenge ko iki cyorezo kizafata benshi mu magereza

Hari impungenge ko abagororwa n’imfungwa nyinshi bazafatwa n’iki cyorezo, hashingwe ku kuba gereza zo mu Rwanda zirimo ubucucike nk’uko byagaragajwe n’Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena mu Kwakira 2020.

Raporo ya Komisiyo y’Igihugu y’uburenganzira bwa muntu, igaragaza ko kuva mu mwaka w’2014/2015 kugeza mu 2018/2019, ubucucike mu magereza yo mu Rwanda bwiyongereyeho 25%, buva kuri 99% bugera ku 124% mu mwaka. Gereza ifite ubucucike bwinshi ni iya Rwamagana kuko bugeze kuri 256%.

Mu gisobanuro cya ‘gereza’, igereranwa n’urugo ruhuriza hamwe umuryango munini, aho bitakoroha na gato ko imfungwa n’abagororwa bakurikiza amwe mu mabwiriza yo kwirinda Covid-19, nko kwambara udupfukamunwa kuko bakorerwa hamwe ibikorwa bitandukanye nko kurara hamwe no kogera hamwe; byajyana n’ubu bucucike, bigatera impungenge kurushaho ko abandura bakomeje kuboneka.

Hakorwe iki kugira ngo abagororwa n’imfungwa barindwe Covid-19?

Nk’uko CGP Rwigamba yabitangaje, hari ingamba inzego nka RBC (urw’ubuzima) zafashe kugira ngo iki cyorezo kidakomeza gufata imfungwa n’abagororwa, zirimo gushyira mu kato abanduye n’abagaragaje ibimenyetso, kimwe no gukomeza gupima iki cyorezo.

Hari ibindi byagakwiye gukorwa birimo:

  • Guhagarikira ingendo z’abava mu magereza amwe bajya mu yandi.
  • Gukurikirana byihariye ubuzima bw’imfungwa n’abagororwa bajya kwivurira mu bitaro hanze ya gereza.
  • Kubahiriza ingamba yo gushyira mu kato k’iminsi 14 abagiye gufungwa bashya.
  • Kugabanya ingendo z’abacungagereza [n’ubwo nta we uragaragaraho icyorezo]. Aba kandi bahabwa ibikoresho by’ubwirinzi nk’abantu bakurikiranira hafi ubuzima bwo mu magereza.
  • Kwirinda icyahuza abashinzwe kugemura ibiribwa mu magereza n’imfungwa, cyangwa se bagahabwa ibikoresho by’ubwirinzi nk’abatanga serivisi z’ubuzima).

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *