Umusaza w’imyaka 78 yishwe na Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 17 Ugushyingo 2020 yatangaje ko umusaza w’imyaka w’imyaka 78 y’amavuko yishwe n’icyorezo cya Covid-19, mu gihe abanduye ari 16 mu bipimo 3051 byafashwe. Abanduye barimo 3 babonetse muri Kigali, 2 muri Kirehe, 1 muri Muhanga, 3 muri Nyagatare, 4 muri Rubavu, 2 muri Rusizi n’undi muri Rwamagana.
RDC: Abarenga 30 baguye mu gitero cy’umutwe wa ADF
Abantu babarirwa muri 30 bishwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF wo muri Uganda, nyuma y’ibitero zagabye mu gace ka Bambuba-Kisiki no muri Parike y’Igihugu ya Virunga ho muri Terirwari ya Beni mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni ibyatangajwe n’ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu itangazo bwashyize ahagaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, […]
Abagororwa bararindwa bate icyorezo cya Covid-19 cyugarije amagereza?
Mu minsi 8 gusa, gereza eshatu zo mu Rwanda zirimo iya Rwamagana, Nyarugenge na Muhanga, zimaze kubonekamo imfungwa n’abagororwa 192 banduye icyorezo cya Covid-19, mu gihe hari harafashwe ingamba zikakaye kugira ngo kitazabasha kwinjiramo; ariko byabaye iby’ubusa. Mu ngamba zari zafashwe muri Werurwe 2020, harimo kutemerera abagize imiryango y’abagororwa kubasura, abagiye gufungirwa mu magereza bakazajya […]
Amavubi akomeje kuba ikipe rukumbi itaratsinda igitego mu gushaka itike ya CAN
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yongeye kugwa miswi na Cape-Vert, ikomeza kuba ikipe rukumbi itaratsinda igitego mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun mu myaka ibiri iri imbere. Amavubi yari yakiriye Cap-Vert kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, urangira amakipe yombi anganya 0-0. Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yakinnye iminota myinshi y’uyu mukino […]
Kenya: Umugore yavuze ubutumwa butangaje yahawe n’Imana ubwo yasambanaga na padiri
Umugore witwa Wairimu utuye ahitwa Naivasha muri Nakuru yatangaje ubutumwa Imana yamuhaye ubwo yumvaga ijwi ryayo ari gusambana n’umupadiri atavuze amazina. Aganira n’umunyamakuru, Baruthl wa Thayu, Wairimu yavuze ko yavuganye n’Imana inshuro zisaga indwi. Uyu mugore avuga ko ubutumwa bwinshi yabwakiriye muri ibi bihe bya COVID-19 mu rurimi rw’Igiswahili kitavangiye. Wairimu avuga ko Imana yarakaye […]
L’ancien prĂ©sident du SĂ©nat nommĂ© chef de la mission d’observation de l’UA au Burkina Faso
L’ancien prĂ©sident du SĂ©nat, Bernard Makuza, a Ă©tĂ© nommĂ© par l’Union africaine (UA) Ă la tĂŞte de la Commission d’observation des Ă©lections de l’UA lors des Ă©lections gĂ©nĂ©rales au Burkina Faso prĂ©vues le 22 novembre. «Moussa Faki Mahamat, prĂ©sident de la Commission de l’Union africaine, je suis très honorĂ© de la confiance que vous me […]
Twebwe iyo urebye tubona turi nk’inshuti z’u Rwanda – Umuturage wa Cyato
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyato, mu Karere ka Nyamasheke bibona nk’inshuti z’u Rwanda aho kuba Abanyarwanda bagendeye ku kuba bo batagezwaho ibikorwaremezo nk’abandi bitewe n’umuhanda uhuza imirenge ine yo muri aka karere wangiritse ku buryo bigorana guhahirana ndetse hagira umurwayi ushaka kujya kwivuriza ku bitaro bikagora imbangukiragutabara guca muri uwo muhanda. Usibye […]
Abakina imikino y’amahirwe bashimuse umukinnyi w’ikipe y’igihugu
Abaturage bakina imikino y’amahirwe bashimuse umukinnyi wo hagati wa Nigeria (Super Eagles) Christian Obodo bavuga ko ikipe yabo yatumye baribwa amafaranga ubwo iyi kipe yanganyaga na Sierra Leone 4-4 kuwa Gatanu w’icyumweru gishize. Obodo yashimuswe ku cyumweru ubwo yari muri Leta ya Delta nyuma aza kurekurwa kuwa mbere nyuma amaze amasaha atari make afungiranwe mu […]
Uganda: Umuyobozi mu ishyaka rya Museveni yemeje ko yashyizeho abo guhangana n’abakunzi ba Bobi Wine
Dr. Tanga Odoi uyoboye Komisiyo y’Amatora mu ishyaka NRM riri ku butegetsi, yiyemereye ko yashyizeho abantu bahangana n’abakunzi ba Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine. Abantu Dr. Tanga avuga ko yashyizeho ni bamwe mu bayoboke b’ishyaka rya NRM, abo ngo bakaba bagomba gukoma mu nkokora bikorwa byo kwiyamamaza avuga ko bikorwa na Bobi Wine, […]
Uwatoje Amavubi yishyize ku mutwe ibyo gutsindwa kwa Uganda
Umutoza Jonathan McKinstry watoje ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Amavubi) yiyemerera ko ari we ibyo kuba uwa Mbere tariki 16 Ugushyingo 2020 Uganda yaratsinzwe na Sudani y’Epfo igitego kimwe ku busa ari we byabazwa. Uganda yatsinzwe umukino wa mbere kuva yatangira gutozwa na McKinstry mu mikino 12 ishize. McKinstry ati ” Ntabwo twakinnye neza, ndashaka ko […]
2019/2020: Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abahungu ryariyongereye
Raporo ya Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu muri Sena y’u Rwanda, yerekana ko mu mwaka wa 2019/2020 mu birego 4265;by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina byakiriwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, harimo 111 byakorewe abahungu,bivuye kuri 80 byakiriwe n’uru rwego mu mwaka wa 2018/2019. Imibare yo muri iyo raporo iri bumurikirwe Inteko Rusange ya Sena kuri […]
Bernard Makuza azayobora indorerezi za AU mu matora yo muri Burkina Faso
Makuza Bernard wabaye Minisitiri w’Intebe na Perezida wa Sena y’u Rwanda, yahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe zo kuba umuyobozi w’indorerezi zawo zizaba ziri mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Burkina Faso ateganyijwe tariki ya 22 Ugushyingo 2020. Makuza yemeje ko yahawe ziriya nshingano mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, aho yashimiye Perezida […]
Perezida Chakwera yaba yarasuzuguriwe muri Afurika y’Epfo
Igihugu cya Malawi cyarakajwe bikomeye n’ukuntu perezida wacyo, Lazarus Chakwera yafashwe n’abayobozi ba Afurika y’Epfo nyuma yo kumukekaho gushaka gucikisha umuvugabutumwa wo kuri televiziyo ukurikiranwe n’ubutabera bwa Afurika y’Epfo bigatuma indege ye imara amasaha agera kuri arindwi yafatiriwe ku Kibuga cy’indege. Perezida Lazarus Chakwera wagiye ku butegetsi muri Kamena 2020, yakoze uruzinduko rwe rwa mbere […]
Gatsibo: Bahangayikishijwe n’ubujura bukabije bwo mu ngo no mu mirima
Abaturage bo mu Murenge wa Kabarore, mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba, babangamiwe n’ubujura bugenda bufata intera, aho umuntu ufite imyaka mu murima yenda kwera bimusaba kuyirarira kugirango azabashe kugira icyo aramura ndetse no mu ngo ahenshi bakaba batagisinzira, ikibazo ubuyobozi bw’akarere bwemeza ko gihari ariko bwagifatiye ingamba. Umuntu wese uvuganye nawe muri uyu […]
2020: U Rwanda ruraza imbere mu kugira abanyeshuri benshi basoje amasomo muri Amerika
Abanyarwanda bagera ku 1,444 nibo basoje amasomo yabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka w’amashuri 2019-2020 nk’uko imibare itangazwa na Leta Amerika yashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ugushyingo 2020. Hagendewe kuri iyi mibare, Abanyarwanda biga muri Amerika biyongereyeho 11.8% ugereranyije n’umwaka ushize ndetse ruhita ruza ku mwanya wa Gatandatu mu […]
Uganda: Abaganga batandukanyije impanga zavutse zifatanye

Itsinda ry’abaganga bo mu Bitaro by’Igihugu by’Icyitegererezo bya Mulago mu gihugu cya Uganda, babashije gutandukanya abana b’impanga bavutse bafatanye. Aya makuru yahishuwe kuri uyu wa Kabiri n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Diana Atwiine uvuga ko iki gikorwa cyo gutandukanya izi mpanga cyatwaye amasaha 20 nubwo nta byinshi yazitangajeho. Nk’uko amafoto yashyizwe ahagaragara abigaragaza, izi […]
Icyo ubuyobozi bwa Radio 10 buvuga ku birego bya Munyakazi Sadate
Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, akomeje kudacana uwaka n’Igitangazamakuru cya Radio/TV10 agishinja gushaka gucamo ibice iriya kipe yahoze abereye umuyobozi, mu gihe umunyamakuru Sam Karenzi asanga akwiye kwitabwaho n’abashinzwe ubuzima bwo mu mutwe cyangwa akajyanwa Iwawa. Ibya Rayon Sports na kiriya gitangazamakuru byatangiye mu mezi yashize, ubwo iyi kipe yari mu nkundura […]
Paris: Kanziga yongeye gusaba guhagarika iperereza akorwaho
Umupfakazi w’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda, JuvĂ©nal Habyarimana, yajuririye icyemezo cy’umucamanza w’Umufaransa cyo gukomeza kumukoraho iperereza ku ruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 nk’uko byatangajwe n’umwunganizi we mu mategeko kuri uyu wa Mbere. Agathe Kanziga ashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda ku byaha bya jenoside ariko mu Bufaransa afatwa nk’umutangabuhamya ufashwa cyangwa “assisted witness” […]
Abantu 18 bari mu Mutwe wa MRCD-FLN baregewe urukiko rukuru

Ubushinjacyaha Bukuru bwatangaje ko dosiye y’abantu 18 bari mu Mutwe wa MRCD-FLN, bakurikiranyweho ibyaha birimo iterabwoba, ubwicanyi, gushimuta no gutwikira abantu yaregewe Urukiko Rukuru. Mu butumwa bwashyize ku rukuta rwa Twitter bwagize buti “Uyu munsi Ubushinjacyaha bwaregeye mu mizi Urukiko Rukuru, dosiye iregwamo abantu 18 bari mu Mutwe MRCD-FLN, bakurikiranyweho ibyaha birimo iterabwoba, ubwicanyi, gushimuta […]
Biryogo: Bafite ubwoba bw’amabandi, abanywarumogi bari aharunzwe itaka
Abaturage bo mu Kagari ka Biryogo, Umurenge wa Nyarugenge, akarere ka Nyarugenge, bafite ubwoba bw’amabandi n’abanywarumogi bagize indiri aharunze itaka, hahoze isoko rya Biryogo Bafite impungenge zuko ibitaka byarunzwe ahavuye isoko bisigaye byihishamo amabandi n’abanywa urumogi. Umuturage ati ”Hano havuye isoko rya Biryogo ,hasigaye harabaye indiri y’amabandi n’abanywa urumogi ku mugoroba usanga insoresore zihicaye ari […]
Lille: Umufaransa ushinjwa gukorera iterabwoba Abayisilamu mu rukiko

Kuri uyu wa Kabiri, impirimbanyi y’Umufaransa iratangira kuburanishwa n’urukiko rw’u Bufaransa nyuma yo gushinjwa icyaha cyo gushishikariza iterabwoba ku Bayisilamu no gukomeretsa bikabije, hashingiwe ku bimenyetso byakusanyijwe mu iperereza ryakozwe na Al Jazeera. RĂ©mi Falize, w’imyaka 33, wahoze ayoboye ishami rya Lille ry’abahezanguni b’Abanyaburayi biyemeje guca abimukira ari nako bakomeza gukongeza urwango rizwi nka Generation […]
Abandi bantu bashobora gupfa- Joe Biden
Joe Biden yaburiye ko “abantu bashobora gupfa” niba ubutegetsi bwe bwiteguraga kujyaho bukomeje kubangamirwa na Donald Trump. Avugira muri leta ya Delaware, uyu perezida watowe yavuze ko hacyenewe guhuza ibikorwa mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo cya coronavirus. Yavuze ko “nta gushyira mu gaciro na busa” biri mu kuba Perezida Trump yaranze kwemera ko yatsinzwe […]
Ethiopia: Impande zishyamiranye zahakanye ibyo kungwa na Museveni
Impande ziri mu ntambara muri Ethiopia (ingabo z’igihugu n’abarwanyi ba Tigray People’s Liberation Front (TPLF) baharanira ubwigenge bw’agace ka Tigray) zahakanye amakuru yemejwe n’abayobozi bo muri Uganda avuga ko Perezida Museveni agiye kuzunga. Aya makuru Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) n’ibindi bitangazamakuru byo muri Uganda nka Chimp Reports byavugaga ko byakuye ku bantu bakomeye kandi bizewe, […]