b9718415565z.1_20190130180131_000_gt8csq1v5.2-0.jpg

Lille: Umufaransa ushinjwa gukorera iterabwoba Abayisilamu mu rukiko

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, impirimbanyi y’Umufaransa iratangira kuburanishwa n’urukiko rw’u Bufaransa nyuma yo gushinjwa icyaha cyo gushishikariza iterabwoba ku Bayisilamu no gukomeretsa bikabije, hashingiwe ku bimenyetso byakusanyijwe mu iperereza ryakozwe na Al Jazeera.

Rémi Falize, w’imyaka 33, wahoze ayoboye ishami rya Lille ry’abahezanguni b’Abanyaburayi biyemeje guca abimukira ari nako bakomeza gukongeza urwango rizwi nka Generation Identity, azitaba urukiko rwisumbuye mu mujyi wa Lille uherereye mu majyaruguru.

Arashinjwa ihohotera yakoranye n’itsinda ry’abantu i Lille muri Mutarama 2018 ndetse no gushishikariza ibikorwa by’iterabwoba mu mpera z’uku kwezi.

b9718415565z.1_20190130180131_000_gt8csq1v5.2-0.jpg

Abandi bantu bareganwa nabo bagaragaye mu iperereza rya Al Jazeera nabo bazajya kuburana kubera ibyaha ariko byoroheje.

Iyi nkuru iravuga ko Falize yafashwe amashusho n’umunyamakuru wa Al Jazeera rwihishwa mu kabari ka Citadelle, ku cyicaro gikuru cya Generation Identity i Lille, avuga ko ikintu yifuza kuzakora mbere yo gupfa ari ugutwara imodoka akayishora mu isoko rya Lille rikunze kuba ryuzuyemo Abayisilamu.

Umunyamakuru wari wihishe wa Al Jazeera kandi yafotoye Falize azamuye akaboko agiye gukubita umwana w’umukobwa w’imyaka 13 w’Umusilamukazi hanze y’akabari mu mujyi rwagati.

33bfff448dff4269ab1c0f45a230092e_18.jpg

Iki gikorwa cye kikaba cyaranagaragajwe muri filimi mbarankuru ya Al Jazeera igizwe n’ibice bibiri yiswe “Generation Hate” yasohotse mu Ukuboza 2018.

Igihano gishobora guhanishwa icyaha cyo gukubita ni igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu y’amayero 45.000 ($ 53,300). Mu gihe icyaha cy’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu y’amayero 75.000 ($ 88.800).

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *