Umuryango w’abahanga mu by’imiti muri Uganda wasabye guverinoma kwemera ko umuti wa Covid-19 witwa Covidex wakorewe muri iki gihugu wakwitabazwa muri iki gihe kigoye.
Ni nyuma y’aho ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti, FDA, muri uku kwezi cyatangaje ko uyu muti utakoreshwa mu gihe uwawukoze, Prof. Patrick Ogwang atigeze akora amasuzuma yawo nk’uko bisabwa n’inzego z’ubuzima.
Gusa aba bahanga mu by’imiti bemeza ko ubu iki cyorezo kitoroheye Uganda, uyu muti ukwiye kwitabazwa kuko hari ibyinshi biwugize byafasha abakirwaye.
Observer yatangaje ko Pamela Achi uyoboye uyu muryango yavuze ko mu bushashakatsi bwakozwe, byagaragaye ko ikinyabutabire cyitwa berberine kiba mu muti wa Covidex cyakwifashishwa mu guhangana na Covid-19, abishingiraho asaba ko Guverinoma yawemeza.
Yagize ati: “Dufite umuti ukomoka ku bimera witwa Covidex tubonamo berberine kandi berberine ihangana na Covid. Uyu muti twawubonye ku isoko kandi abawukoresheje bavuga ko bavuga ko wabakiza mu gihe nta wundi muti dufite wo kuvura iyi ndwara.”
Dr Grace Nambatya uyoboye ikigo gikora ubushakashatsi ku miti gakondo, na we avuga ko Covidex irimo ikimera cyitwa Warburgia, iki ngo akaba acyizera cyane, akanahamya ko cyagize uruhare runini mu kuvura uyu murwayi wari urembejwe na Covid-19.
Yagize ati: “Dufite uwo mu muryango wari mu ndembe, abantu baraza, umwe muri bo abaza Covidex. Nyirayo (Prof. Ogwang) twarakoranye, ndamuzi neza kandi ntwamubaha. Yashyize uyu muti ku isoko, kandi bigaragara ko kimwe mu biwugize ari Warburgia kandi ndayizi neza. Birumvikana hari ibindi bimera ariko iyo mbonye Warburgia, mba nzi ko ifite inbaraga.”
Uyu mushakashatsi yavuze ko bitewe n’uko Warburgia iryana nk’urusenda, byasabye ko Covidex icishwa mu kanwa k’uyu murwayi, nyuma yo kuyinywa amererwa neza.
Muri iki gihe Uganda yugarijwe na Covid-19 cyane cyane iyihindurije yagaragaye bwa mbere mu Buhinde, yahawe izina rya Delta, bikavugwa ko bimwe mu bitaro byuzuye abarwayi.
Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko abamaze kwandura kuva iki cyorezo cyagera mu gihugu ari 78,394 barimo abashya 889 babonetse mu bipimo biheruka byafashwe tariki ya 25 Kamena 2021.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


