Minisitiri w’ubuzima Dr. Daniel Ngamije avuga ko hari icyizere ko guhera muri iki cyumweru gitangiye kuri uyu wa Mbere umubare w’indembe n’uw’abahitanwa na COVID19 ushobora gutangira kugabanyuka bitewe n’ikoreshwa rya Favipiravir mu kubitaho. Muganga Ngamije mu kiganiro na RBA ati ” (…) Muri iki cyumweru gitangiyeturaza kubona uko imibare ihagaze muri rusange cyane igabanyuka ry’abari gupfa buri munsi.” Kuwa Gatatu tariki 20 z’uku kwezi kwa Mutarama 2021 ni bwo u Rwanda rwakiriye doze zigera ku 18 000 z’umuti wa Favipiravir, wifashishwa mu kwita ku barwayi ba COVID19. Gusa nyuma y’iminsi 3 uyu muti ugeze mu Rwanda abagera kuri 19 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo harimo na 7 cyahitanye kuri uyu wa Gatandatu. Byitezwe kandi ko kugeza kwa muganga abanduye batararemba ndetse n’igabanuka ry’imibare y’abandura by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali umaze iminsi 5 ushyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo nabyo bizagira uruhare mu igabanuka ry’imfu zitewe na Coronavirus. Kugeza ubu mu Rwanda abarwayi ba COVID19 basaga 4, 000 ni bo bagikurikiranwa n’abaganga icyakora hafi 95% bakurikiranirwa mu ngo zabo. Abagera ku 174 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo. Inzego z’ubuzima zikaba zivuga ko ubu ibigo byita ku ndembe za COVID-19 bifite ubushobozi bwo kwakira izigera kuri 500 kuko n’ibitaro byose byo hirya no hino mu gihugu byasabwe guteganya nibura ibitanda 10 bigenewe izo ndembe.

Imiti yitezweho kugabanya umubare w’abicwa na Coronavirus mu Rwanda


