Abahoze ari abayobozi ba Rayon Sports nyuma yo kwiyunga, kuri uyu wa Gatanu bayisuye mu myitozo baha abakinnyi bayo intego yo kuzatsinda Kiyovu Sports.
Abasuye Murera mu Nzove bari barangajwe imbere na Muvunyi Paul na Munyakazi Sadate batakunze gucana uwaka, ThadĂ©e Twagirayezu, Dr Emile Rwagacondo, Ngoga Roger n’abandi.
Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Rayon Sports izesurana na Kiyovu Sports imaze igihe kirekire idatsinda, mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona.
Amakuru aturuka mu Nzove avuga ko Muvunyi, Munyakazi na bagenzi babo mu butumwa bahaye abakinnyi ba Rayon Sports ari uko bagomba “guhuhura” Kiyovu Sports kugeza ubu iri ku mwanya wa nyuma ku rutonde rwa shampiyona.
Aba bagabo mu byo bemereye abakinnyi ni uko mu gihe Gikundiro yaba yegukanye amanota atatu, buri mukinnyi yahabwa Frw 150,000 y’agahimbazamusyi.
Ni amafaranga ashobora kwiyongera kuko abakinnyi bijejwe ko mu gihe hejuru y’intsinzi haba yiyongereyeho ibindi bitego, buri gitego cyabarirwa Frw 30,000 azahabwa buri mukinnyi.
Ibi bivuze ko Rayon Sports iramutse ikoze ikinyuranyo cy’ibitego bine muri uyu mukino, buri mukinnyi yatahana Frw 300,000.


