0_Lightning-discharges-during-a-large-rainstorm-in-a-city-with-forest-fringes

Abakinnyi 4 bakubiswe n’inkuba

Sangiza iyi nkuru

Abantu batanu barimo abagore bane bakinaga umupira w’amaguru bitabye Imana nyuma yo gukubitwa n’inkuba ubwo bari bugamye imvura y’amahindu munsi y’igiti.

Iyi mpanuka yabereye hafi y’umujyi wa Cajibio mu gihugu cya Colombiya, aho abandi bagore babiri bakomeretse bikomeye maze bajyanwa kwa muganga.

Abagore bishwe n’iyi mpanuka bamaze kumenyekana ku mazina yabo ari bo Jeidy Morales, Daniela Mosquera, Luz Lame na Etelvina Mosquera. Undi muntu w’igitsina gabo wari kumwe na bo na we yitabye Imana nyuma yo kugezwa kwa muganga.

Umuvugizi w’ubuyobozi bw’akarere, Lesly Valencia yemeje aya makuru aho yagize ati: “Amakuru mfite avuga ko aba bagore bari mu irushanwa ry’umupira w’amaguru ubwo iyi mpanuka yabaga. Inkuba yakubise igiti, bituma aba bagore bane bahasiga ubuzima.”

Si ubwa mbere inkuba ihitana abakinnyi b’umupira w’amaguru muri Amerika y’Amajyepfo. Mu Ugushyingo umwaka ushize, umukinnyi w’umupira w’amaguru muri Peru witwa Jose Hugo de la Cruz Meza, w’imyaka 39, na we yaguye mu kibuga nyuma yo gukubitwa n’inkuba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *