Abakinnyi ba PSG baheze muri asanseri

Sangiza iyi nkuru

Abakinnyi 11 b’ikipe ya Paris Saint Germain ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Ugushyingo bari baheze muri asanseri ubwo bavaga kuri hoteli bari bacumbitsemo bajya kwitegura umukino wa Champions League wabahuje na RB Leipzig.

Ikinyamakuru Le Palisien gitangaza ko abakinnyi ba PSG bamaze iminota igera kuri 50 baheze muri asanseri kugeza ubwo batabawe n’abashinzwe kuzimya inkongi.

Amashusho yashyizwe hanze na myugariro wa PSG, Kurzawa agaragaza abazimya inkongi baje gufasha abakinnyi bari baheze muri asanseri. Nyuma aya mashusho, yaje kuyasibwa ariko amazi yarenze inkombe kuko abakunzi be bari bamaze kuyahererekanya.

Amakuru ava i Paris avuga ko abakinnyi bari baheze muri asanseri barimo : Presnel Kimpembe, Leandro Paredes, Angel Di Maria, Marquinhos, Bandiougou Fadiga, Abdou Diallo, Idrissa Gueye, Moise Kean, Colin Dagba na Kays Ruiz-Atil. Aba nyuma yo gutabarwa, batsinze uyu mukino ibitego 2-1

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *