Ibi ni ibyatangajwe na Gaston Sindimwo, icyegera cya kabiri cy’umukuru w’igihugu, aho yasabye ko abakozi ba Loni mu Burundi bikwiye ko bahindurwa, abashinja kubogama.
Aganira na BBC, yatangaje ko ibi abivuze mu izina rye bwite ko atabivugiye Leta, ariko agasaba ko byashakirwa umuti. Avuga ko aba bakozi ba Loni bikwiye ko bahindurwa. Abashinja kuganira n’uruhande rumwe rw’abarwanya leta bagasubira inyuma ibyo bababwiye abakaba aribyo bashingiraho bagaragaza ko ibintu byacitse i Burundi.
Ibi ngo yabiganiriye n’impunzi ziri imbere mu gihugu, akaba yifuza ko bishobotse Loni yabimurira mu bindi bihugu nkuko isanzwe ibigenza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Gaston atangaje ibi kandi nyuma y’icyegeranyo cyasohowe n’agashami ka Loni gaharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu cyagaragazaga ko ibintu bihagaze nabi mu Burundi. We avuga ko umutekano wagarutse mu Burundi ahubwo ko abavuga ko ntawuhari ari abafite intekerezo za politiki zo gusenya.
Icyegeranyo giherutse cya Loni cyagaragazaga ko mu Burundi ibikorwa byo guta muri yombi bigikomeje, cyane cyane abatavuga rumwe na Leta bakibasirwa, harimo n’abasirikare bahoze mu gisirikare kuri Leta zabanjirije iriho (EX FAB).
Inzego z’umutekano mu Burundi zigashinjwa guhutaza uburenganzira bw’ikiremwamuntu dore ko zanagiye zishinjwa kwica no gukorera ibindi bikorwa bibi abamagana manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza kuva muri Mata 2015.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Theoneste/Bwiza.com


