Abana 19 bari barashimutiwe muri Sudan y’Epfo , bagarutse mu gihugu cyabo amahoro, mu gihe ibiganiro ku mpande zombi bigikomeje ngo habe harekurwa abandi bakiri muri Sudan.
Getachew Reda, umuvugizi wa Leta ya Ethiopia yemeje ayo makuru, avuga ko barekuwe hatabayeho kurasana,ariko ngo ikomeje kongera imbaraga mu biganiro ngo abandi bakiriyo babe barekurwa.
Yakomeje ashimangira ko bizeye ko abandi bana bazarekurwa hatabayeho imirwano, ariko yongeraho ko igihe bibaye ngombwa bakoherezayo n’ingabo ku mbaraga.
Abo bana bagejejwe mu mujyi wa Gambella kuri uyu wa mbere mu mahoro, gusa mbere yo kurekurwa igisirikare cyari cyabanje kugabayo igitero cyasize gihitanye abantu 208.
Leta yanenze abagabo bakomoka mubwoko bwa Murle, bugaba igitero bugamije kurimbura ubwa Nuer, amwe mu moko abiri abarizwa muri Sudan y’Epfo bukanaboneka no muri bimwe mu bice bya Ethiopia.
Nk’uko the East African ibitangaza, ngo intambara yo muri Sudan y’Epfo imaze guhitana ibihumbi n’ibihumbi, abasaga 272,000 bahungira muri Gambella.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyaisenga Fred@Bwiza.com


