Rutahizamu Zlatan Ibrahimovic wahoze akinira ikipe ya Manchester United mu Bwongereza, yahishuye ko yishimiye imyaka ibiri yakinnye muri iyi kipe kuko byatumye acecekesha abamurwanyaga.
Uyu munya Suède yakiniye Manchester United imyaka ibiri (hagati ya 2016 na 2018) nyuma yo kuyigeramo avuye muri Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, abasha kuyitsindira ibitego 28.
Cyakora cyo hari benshi bamushidikanyagaho bitewe n’uko ubwo yazaga muri Manchester United yari akuze, kandi aje muri shampiyona ikomeye ya Premier League.
Zlatan aganira na ESPN yavuze ko yashimishijwe no gucecekesha abamugwanyaga ari muri Manchester United.
Ati: “Nagize ibyishimo, narishimye bya nyabyo kuko ubwo nazaga buri wese yarandwanyaga, hanyuma no mu Bwongereza ntabwo bankundaga. Aba bose bandwanyaaga nyuma y’amezi atatu batangiye kunkunda, ntabwo nigeze mbakunda na rimwe.”
Yunzemo ati: “Iyo abantu bakwanga urabakunda, hanyuma nyuma bakakuzanira ibyiza. Nagize ibyishimo no guhatana gukomeye. Ni ahantu heza, ndishimye kuko nakiniye ikipe ya Manchester United, ntekereza ko ariyo kipe ikomeye kurusha izindi mu Bwongereza. Yari amahitamo meza kujya muri Manchester United.”
Zlatan Ibrahimovic nk’umukinnyi wa Manchester United yabashije gutwarana n’iyi kipe ibikombe bitatu, ubwo iyi kipe yatozwaga na Jose Mourinho.
Iyi kipe y’i Manchester yayigezemo nyuma y’ibihe byiza yari amaze kugirira muri PSG, aho yari yabashije gutsinda ibitego 156 mu mikino 180 yayikiniye.
Mbere yaho yari yarakiniye amakipe akomeye nka AC Milan, FC Barcelona, Inter Milan, Juventus, Ajax, ndetse na AC Milan yasubiyemo ari na yo kugeza ubu akinira, nyuma yo gutandukana na LA Galaxy yo muri shampiyona ya Major League Soccer muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.


