Abantu bitwaje intwaro barashe abantu 2 mu Rwanda bahungira i Burundi

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cy’u Rwanda kiratangaza ko hari abantu 2 b’abasivile barashwe n’abantu bitwaje intwaro mu karere ka Rusizi, umurenge wa Bugarama, akagari ka Ryankana, umudugudu wa Kabuga.
Mu itangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana, rigaragaza ko abo bantu bishwe ahagana saa saba z’ijoro 01:00 zo kuri uyu wa 12 Werurwe 2017.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umwe mu bishwe n’undi wakomeretse bari ku irondo ku ivuriro (Post de santé), undi wishwe yari umwana w’umuhungu w’imyaka 12 y’amavuko.
Abo bari bitwaje intwaro bakoze iryo bara, bahise bahunga bagana i Burundi, dore ko ibyo byabereye hafi y’umupaka aho ibi bihugu byombi bihana imbibi (Rwanda & Burundi).
Mu gihe hataramenyakana igihatse ubu bwicanyi, iperereza ryatangiye gukorwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Theoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *