Leta ya Ethiopia iratangaza ko abantu bitwaje intwaro baturutse muri Sudani y’Epfo bishe abanyagihugu 28 bagashimuta abandi 43 mu gace ka Gog na Jor guherereye muri Gambella.
Amakuru akomeza avuga ko iki gitero cyagabwe n’abantu 1000 bo mu bwoko bwa ba Murle ku Cyumweru muri utu duce duhana imbibe na Sudani y’Epfo.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters)dukesha iyi nkuru bivuga ko ingabo za Ethiopia zasubije inyuma abagabye iki gitero nk’uko byemejwe n’umuvugizi wa gace ka Gambella, Chol Chany, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Werurwe,2016.
Iki gitero kikaba kije gikurikira icyabaye muri Mata ,2016 aho cyahitanye abantu 208 ndetse abana 125 bagashimutwa.
Hashize imyaka myinshi ubwoko bw’Abanya-Ethiopia n’ubw’Abanya-Sudani y’Epfo buhanganye aho bupfa amasambu ,rimwe na rimwe bakaba bakunze kwibana inka ndetse bagashimuta abana bakajya kubagira abashyumba.
Gambella ikaba icumbikiye impunzi z’Abanya-Sudani y’Epfo ibihumbi 300 zahunze intambara ikomeje guca ibintu muri iki gihugu.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gabriel Habineza/Bwiza.com


