Abanyamakuru 50, biganjemo abo mu bihugu bifite amahoro, barishwe muri 2020

Sangiza iyi nkuru

Mu mwaka wa 2020, abanyamakuru bagera kuri 50 barishwe, kandi hafi barindwi ku icumi (7/10) biciwe mu bihugu birimo amahoro bitari no mu bice birangwamo intambara nk’uko icyegeranyo ngarukamwaka cy’umuryango uharanira uburenganzira bw’itangazamakuru, Reporters sans frontières (RSF) cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri kivuga.

Kuba umubare w’abanyamakuru bishwe muri uyu mwaka udatandukanye cyane n’uwo mu mwaka ushize wa 2019 wishwemo 53, nuko hishwe n’abakorera mu bihugu birimo amahoro, bagera kuri 34, bangana na 68% by’abishwa bose.

Ni mu gihe umubare w’abanyamakuru bicirwa mu bice birimo intambara udasiba kugabanyuka nk’aho bari 58% by’abishwe bose mu 2016, ukagera kuri 32% muri uyu mwaka mu bihugu nka Syria na Yemen, cyangwa mu bindi bice birangwamo amakimbirane aciriritse nka Afghanistan na Irak.

Niba umubare w’impfu “ukomeje kuba mwiza” ugereranije n’abanyamakuru 53 bishwe muri 2019, abantu benshi “biciwe mu bihugu bifite amahoro”, ni ukuvuga ko abantu 34, bangana na 68% by’abapfuye bose, nk’uko umuryango utegamiye kuri Leta w’Abafaransa ubishimangira. washyizeho iyi mibare hagati ya 1 Mutarama na 15 Ukuboza.

Igihugu cya Mexique nicyo cyaje imbere n’abanyamakuru 8 bishwe, gikurikirwa n’u Buhinde, ahishwe bane, Pakistan bane, Philippines batatu na Honduras batatu.

Mu banyamakuru bose bishwe mu 2020, 84% bishwe bigambiriwe, ugereranyije na 63% bishwe muri ubu buryo mu 2019.

Umunyamakuru Julio Valdivia Rodriguez wakoreraga ikinyamakuru El Mundo de Veracruz cyo muri Mexique yasanzwe yaciwe umutwe mu burasirazuba bw’igihugu, mu gihe mugenzi we witwa Victor Fernando Alvarez Chavez, wari umwanditsi mukuru wa rumwe mu mbuga zikorera muri iki gihugu we yishwe agacagagurwamo ibice mu Mujyi wa Acapulco.

Mu Buhinde, umunyamakuru Rakesh Singh yatwitswe ari muzima nyuma yo gusukwaho alcool, mu gihe umunyamakuru Israevel Moses wakoreraga televiziyo yo muri Tamil Nandu, yishwe atemaguwe nk’uko iyi nkuru dukesha VOA Afrique ikomeza ivuga.

Muri Iran, leta niyo yakatiye igihano cy’urupfu uwari umuyobozi televiziyo yitwa Amadnews, Rouhollah Zam, yicwa amanitswe.

Ku rundi ruhande, abanyamakuru basaga 20 bakora inkuru zicukumbuye barishwe muri uyu mwaka. Icumi bakoraga iperereza kuri ruswa no kunyereza imitungo ya leta, bane bishwe na ba mafia, mu gihe batatu bakoraga inkuru zijyanye n’ibibazo byo kurinda ibidukikije.

RSF kandi ivuga ko abanyamakuru barindwi bakurikiranaga imyigaragambyo yo muri Irak, Nigeria na Colombia nabo bishwe.

Mu gice cya mbere cy’icyegeranyo cyayo cyasohotse hagati muri uku kwezi, RSF yari yabaruye abanyamakuru 387 bafunze. Umubare bivugwa ko ari wo wo hejuru mu mateka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *