Minisiteri y’ubutabera muri Amerika yatangaje ko Abanyamerika batatu bakomoka muri Cameroun batawe muri yombi bakurikiranyweho gukusanya inkunga yo gufasha abarwanyi baharanira ubwigenge bw’abakoresha Icyongereza muri iki gihugu cyo muri Afurika yo hagati bashaka kugira igihugu cyabo .
Igihugu cya Cameroun ni igihugu gikoreshwamo cyane Igifaransa ariko gifite na ba nyamucye bakoresha Icyongereza bamaze igihe binubira guhezwa nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.
Mu 2017 abarwanyi bo mu turere tubiri tuvuga Icyongereza batangiye kurwanya igisirikare bagamije gushinga igihugu cyabo, bita Ambazonia. Amakimbirane ashingiye kuri ibi amaze kugwamo abantu ibihumbi.
Abo bantu batatu batawe muri yombi n’ubutaabera bwa Amerika ni: Claude Chi w’imyaka 40 wo muri Missouri; Francis Chenyi w’imyaka 49 wo muri Leta ya Minnesota; na Lah Nestor Langmi w’imyaka 46 utuye mu gace ka Buffalo, muri New York, nk’uko itangazo ry’ubutabera ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere rivuga.
Bashinjwa ko ngo basabye kandi bagakusanya inkunga y’ibikoresho, intwaro n’ibikoresho biturika bizakoreshwa mu bitero byibasiye abakozi ba leta ya Cameroun ndetse n’inzego z’umutekano.
Iri tangazo rigira riti: “Usibye amadolari arenga 350.000 abaregwa bakusanyije binyuze mu mpano ku bushake, inyandiko y’ibirego ivuga ko Chi, Chenyi na Langmi bafatanije n’abandi gushimuta abasivili muri Cameroun no kubagumana kugira ngo bahabwe ingurane.”
Yongeyeho ati: “Mu bihe bimwe na bimwe, Abanyamerika basabwaga amafaranga y’ingurane kugira ngo barekure bene wabo bashimuswe baba muri Cameroun.”
Amafaranga y’ingurane bahabwaga ubwo yahitaga yohererezwa abo barwanyi baharanira ubwigenge bw Ambazonia kugirango atere inkunga ibikorwa byabo.



2 Responses
Abanyamerika batatu bafashwe bashinjwa gutera inkunga inyeshyamba
AMERIKA Yarangiza NGO RUSESABAGINA NGOWE NUMWERE
Abanyamerika batatu bafashwe bashinjwa gutera inkunga inyeshyamba
AMERIKA Yarangiza NGO RUSESABAGINA NGOWE NUMWERE