Abanyamulenge baratatse, ariko Leta ntacyo idufasha_Ijambo Me Bukuru aherutse gutangaza

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 2 Kamena 2021 ni bwo abari muri Nyabugogo babonye umugabo utari wakamenyekanye yitura hasi aturutse ku igorofa rya kane ry’inyubako y’ishyirahamwe Inkundamahoro, aho ngo yahise apfa.

Ako kanya, amakuru yavugaga ko uyu mugabo yiyahuye, kuko ngo yabanje guparika imodoka ye kuri iyi nyubako, azamuka ku igorofa rya kane, akora ikimenyetso cy’umusaraba, arangije arasimbuka.

Nyuma yaho, andi makuru yaje avuguruza ayabanje. Yo yavugaga ko uyu mugabo ashobora kuba yahiritswe, akitura hasi, cyangwa se akaba yishwe, umurambo we ukajugunywa hasi.

Mu masaha y’umugoroba, urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje imyirondoro y’uyu mugabo. Ni umunyamategeko Me Bukuru Ntwari wa Ntaganzwa ukomoka mu muryango w’Abanyamulenge.

Me Bukuru yamenyekaniye cyane mu busesenguzi yagiriraga ku bitangazamakuru burebana n’ikibazo cya bene wabo bakomeje kugabwaho ibitero n’imitwe yitwaje intwaro irimo Mai Mai, RED-Tabara, FNL, FOREBU na bamwe mu basirikare b’igihugu (FARDC) badahuje ubwoko.

Urupfu rwa Me Bukuru ubu ni amayobera, mu gihe RIB itaratangaza icyavuye mu iperereza yatangiye. Yasabye abantu kwirinda gukeka impamvu y’urupfu rw’uyu munyamategeko.

Abanyamulenge baratatse, ariko Leta ntacyo idufasha

“Abanyamulenge baratatse ariko Leta ntacyo idufasha” ni rimwe mu magambo Me Bukuru yatangaje mu kiganiro cya nyuma aherutse kugirana n’umunyamakuru.

Iki kiganiro yakigiriye ku rubuga rwitwa Umoja Wetu TV tariki ya 12 Gicurasi gisohoka tariki ya 16 Gicurasi 2021, ni ukuvuga ko hashize ibyumweru bibiri.

Muri iki kiganiro, Me Bukuru yasobanuye ko byinshi ku nkomoko y’Abanyamulenge, aho yavuze ko batari i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo nk’abahageze bimutse, ngo ahubwo Congo ni yo yabasanze ku butaka bwabo. Yagize ati: “Congo ni yo yasanze Abanyamulenge iwabo.”

Ku kibazo cy’ubwicanyi Abanyamulenge bakomeje gukorerwa, Me Bukuru yavuze ko ibihugu bikomeye ku Isi n’imiryango mpuzamahanga byabatereranye, kandi bifite amakuru y’impamo yerekana ibyo bakorerwa.Yavuze ko ibi bihugu birebera ubwicanyi bukorerwa Abanyamulenge ku byogajuru byazo nk’uko “tureba za televiziyo”, ntibigire icyo bikora.

Ngo ni kimwe n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zizengurutse agace ka Minembwe batuyemo, ariko nayo ikaba idashobora kubatabara.

Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ngo nayo yarabatereranye kuko yanze kwemeza ko hari ubwicanyi buri gukorerwa ubu bwoko, yanga gukemura iki kibazo kandi ifite inzego zakabaye zigikemura.

Izi nzego Me Bukuru yavuze ko ari Guverinoma Nkuru (Gouvernement Central) na Guverinoma yo ku rwego rw’Intara (Gouvernement Provincial) zisanzwe zigize iki gihugu.

Yagize ati: “Guverinoma yacu ibifitemo uruhare runini. Icya mbere ni ukudatabara abantu bari mu kaga bari kwicwa. Tugira guverinoma zituyobora, tugira Gouvernement Central y’i Kinshasa, tukagira na Gouvernement Provincial. Izo zose, nta kintu na gitoya, habe n’isake (umufuka) y’umuceri ku bantu bagotewe mu Minembwe, mu Mikenke, mu Kamombo, ku Muryambya ndetse no ku Mubogobogo. Aha hantu hose nta assistance yahabaye.”

Yakomeje ati: “Noneho binakubitiye n’uko, ntabwo barwanya aba Mai Mai. Ikindi noneho ntabwo bavuga ko ubwicanyi buri gukorerwa abantu runaka. Ikindi bifitanye isano ni uko, abantu baratatse, Abanyamulenge baratatse ariko Leta ntabwo ijya itwumva kandi Leta ibishatse, ni akanya gatoya.”

Ubwicanyi bukorerwa Abanyamulenge batuye muri Kivu y’Amajyepfo bwatangiye mu 2017. Uretse kwicwa, bagiye banatwikirwa inzu, inka zabo ziranyagwa, bamwe muri bo barahunga.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *