Abanyarwanda babiri biciwe muri Afurika y’Epfo barashwe n’igipolisi

Sangiza iyi nkuru

Abanyarwanda babiri, Camir Nkurunziza wahoze mu gisirikare cy’u Rwanda ndetse na mugenzi we utatangajwe amazina baraye biciwe mu gihugu cya Afurika y’Epfo kuri uyu wa Kane nimugoroba barasiwe ahitwa Goodwood, mu Mujyi wa Cape Town.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubuyobozi rivuga ko abo Banyarwanda bombi bapfuye ubwo abapolisi bo mu mutwe wa Flying Squad barekuraga amasasu.

Ibinyamakuru byo muri Afurika y’Epfo biravuga ko abishwe bari bashimuse imodoka irimo umuntu nawe waje gupfa ubwo polisi yahagarikaga imodoka bakanga n’aho bahagarariye bagashaka kuyirwanya.

Itangazo rivuga ko “ ahagana saa 17h00 abagize Flying Squad babonye imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Etios bagashaka kuyihagarika.”

Uwari uyitwaye wari kumwe n’abandi bantu batatu ngo bashatse guhunga maze bagenda bagonga izindi modoka ndetse baca kuri feu rouge.

Bageze ahitwa Hugo and Milton muri Goodwood, ngo uwari utwaye iyi modoka na none yarenze feu rouge agonga imodoka zirimo BMW, KIA na Conquest.

Camir Nkurunziza
Camir Nkurunziza yari asigaye ari umwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda

Abapolisi bo muri Flying Squad bategetse abo Banyarwanda gusohoka mu modoka, maze umushoferi ashaka gutera umwe mu bapolisi icyuma.

Umupolisi yahise arasa yica uwashakaga kumutera icyuma. Umuntu wa kabiri wapfuye biravugwa ko yari yashimuswe ubwo iyo modoka ya Etios yashimutwaga.

Ikinyamakuru Chimpreports kikaba kivuga ko Nkurunziza yari yarinjiye mu mutwe wa FLN Callixte Sankara yari abereye umuvugizi mbere yo gutabwa muri yombi akazanwa mu Rwanda kuri ubu akaba ari mu maboko y’ubutabera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *