Abanyasudani basubiye mu myigaragambyo yamagana amasezerano yasubije Hamdok ku butegetsi

Sangiza iyi nkuru

Ibihumbi by’Abanya-Sudani kuri uyu wa Mbere byigabije imihanda yo mu Murwa Mukuru, Khartoum no mu yindi mijyi bamagana ihirikwa ry’ubutegetsi ryo mu Ukwakira n’amasezerano yahise asubiza Minisitiri w’Intebe, Abdalla Hamdok ku mwanya we.

Amafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanye abigaragambya mu bice bitandukanye bya Khartoum no mu mujyi wa Omdurman. Hanabaye imyigaragambyo mu yindi mijyi irimo Kassala Sennar na Port Sudan.

Abashinzwe umutekano bakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambya mu mihanda yegereye ingoro y’umukuru w’igihugu I Khartoum, ariko nta makuru yahise aboneka y’ababa bakomeretse nk’uko tubikesha Al Jazeera.

Mu myigaragambyo yabanje yamaganaga ihirika ry’ubutegetsi hakoreshejwe amasasu ya nyayo ku bigaragambya aho abagera muri 44 byibuze bishwe naho abagera muri magana bagakomereka.

Igisirikare cya Sudani cyafashe ubutegetsi ku itariki ya 25 Ukwakira gisesa guverinoma yari iyobowe na Hamdok, abanyapolitiki b’abasivili bari bayigize batabwa muri yombi.

Hamdok yasubijwe ku mwanya we mu kwezi gushize nyuma y’igitutu cy’amahanga, mu masezerano yemeranyijwemo gushyiraho guverinoma yigenga y’abatekinisiye irebererwa n’igisirikare, amasezerano yarimo no gufungura abo banyapolitiki bari bafunzwe kuva habaho coup d’etat.

Aya masezerano ariko amashyirahamwe y’abaharanira demokarasi yarayamaganye, avuga ko ubutegetsi bukwiye guhabwa byuzuye abasivili bakayobora guverinoma y’inzibacyuho izayobora igihugu mu matora.

Abigaragambya bari bafite intero igira iti “ Nta mishyikirano, nta kumvikana, nta gusangira ubutegetsi (n’Abasirikare).”

Nyuma yaho Hamdok asubirijwe umwanya we, hari umwe mu basirikare bakuru ba Sudani wahishuye ko Abdalla Hamdok yari azi ko guverinoma ye, yashyizweho nyuma y’ihirikwa rya Omar al Bashir muri Mata 2019, igiye guhirikwa kandi yari yabihaye umugisha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *