Urwego rw’abinjira n’abasohoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), rwasabye ko Abanyekongo bakorera ku mupaka muto n’umunini (petite/grande barrière, batuye mu karere ka Rubavu mu Rwanda, kuhimuka.
Uru rwego ruzwi nka DGM rwatanze iri tegeko tariki ya 9 Kanama 2022 rubinyujije mu ibaruwa Radio Okapi ivuga ko yabonye kuri uyu wa 30 Kanama.
Rwagize ruti: “Byagaragaye ko bamwe mu bakozi ba DGDA/Kivu y’Amajyaruguru ku mupaka na Goma, aho bakorera, bafite ingo i Gisenyi mu Rwanda.”
DGM yasabye Umuyobozi wa DGDA muri Kivu y’Amajyaruguru, guha aba bakozi ibwiriza ry’uko batemerewe gutura mu kindi gihugu.


