Abanyatanzaniya 8 bafungiye mu gihugu cya Mali guhera mu mpera z’umwaka wa 2016 bakurikiranyweho kwigira abatasi muri kiriya gihugu bateje urunturuntu hagati y’ibihugu byombi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Aba banyatanzaniya bafashwe n’inzego zishinzwe iperereza muri Malawi mu Kuboza 2016, bavuga ko bari boherejwe na leta ya Tanzaniya gutata niba kiriya gihugu kidakora ibitwaro bikoresha imyuka ihumanya bahita bafungwa.
Aya makimbirane avugwa hagati y’ibihugu byombi aterwa no kuba leta ya Tanzaniya imaze iminsi isaba ko abaturage bayo barekurwa ariko leta ya Malawi yo ikavuga koitabarekura hadakurikijwe imyanzuro itangwa n’urukiko kuko bashobora no gukatirwa nk’abazira ibyaha bijyanye na Politiki no kwivanga.
Aba baturage uko ari 8 bafatiwe mu gace ka Kayelekera ahazwi ibirombi binini bya Uranium muri kiriya gihugu, aho ngo bari bagiye kureba nib anta bitwaro kirimbuzi bihakorerwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Malawi, Grace Chiumia yemeje ko aba banyatanzaniya bafungiye muri gereza ya Mzuzu bakaba bagomba kwitaba urukiko ku nshuro ya 2 kuva batabwa muri yombi.

Iki gihugu cyibaza impamvu leta ya Tanzaniya ariyo yafashe umwanzuro wo kuvogera igihugu cyabo nta wabibahereye uburenganzira.
Mu kwezi kwa cumi 2016, nibwo Malawi yakiriye ibaruwa yo muri Tanzaniya ivuga ko hari abanyeshuri biga muri kaminuza bashaka gusura kariya gace ari bwo hazaga bariya bafashwe nk’abatasi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Leta ya Tanzaniya ivuga ko ikomeje gukoresha inzira z’ubwumvikane na Malawi ngo barekure bariya banyagihugu bayo ariko Malawi nayo ikaba yatsembye.
Nsengimana@Bwiza.com


